AMATEKA

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zohereje mu Rwanda Ahmed Napoleon Mbonyunkiza wari warakatiwe n’Urukiko Gacaca, akaza guhanwa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Advertisements

Uyu mugabo amakuru avuga ko arangije igihano cy’imyaka 15 yari yahamijwe kubera icyaha cyo gusambanya ku gahato yakoreye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ahmed Napoleon Mbonyunkiza yaciriwe urubanza n’Urukiko rwa Gacaca rwa Nyakabanda muri 2007, aho yahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha Bukuru bushimira ubufatanye bw’inzego z’ubutabera bwa Leta zunze ubumwe za Amerika mu gukurikirana abasize bakoze Jenoside.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, uyu mugabo yakiriwe n’abashinzwe umutekano nyuma yo gushyikirizwa n’abo ku ruhande rwa Amerika bari bamuherekeje yambitswe amapingu mu ntoki.

Ahmed Napoleon Mbonyunkiza wavutse mu 1968 (ubu afite imyaka 57), yaciriwe urubanza n’Urukiko rwa Gacaca rwa Nyakabanda muri 2007, aho yahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa igifungo cya burundu ariko atoroka ubutabera atagikoze.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago