MU MAHANGA

U Bwongereza bwanze kwishyura akayabo bw’ishyuzwa n’u Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano yerekeye abimukira ibihugu byombi byari byarasinyanye.

Advertisements

Londres yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa Mbere w’iki cyumweru Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko yishyuza u Bwongereza miliyoni 50 z’ama-Pounds (Frw miliyari 89).

Ni nyuma yo kubushinja kwica amasezerano y’icyizere ibihugu byombi byari byaremeranyijeho, ubwo amasezerano byari byarasinyanye yahagarikwaga n’ishyaka ry’abakozi mu Bwongereza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, abinyujije kuri X yanditse ko u Bwongereza bwari bwasabye u Rwanda guhara amafaranga yagombaga kwishyurwa bucece, rubyemera kubera umubano mwiza n’icyizere impande zombi zari zifitanye ariko u Bwongereza bubirengaho.

Ati “U Bwongereza bwari bwasabye u Rwanda guhara aya mafaranga bucece, hashingiwe ku cyizere n’umubano mwiza twari dusanganywe hagati y’ibihugu byombi. Ariko u Bwongereza bwangije iki cyizere binyuze mu gufatira u Rwanda ibihano bidafite ishingiro bigamije guhungabanya umutekano wacu hamwe n’imvugo rutwitsi zidafite ishingiro za Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins of Highbury.”

“Ubu rero turi gukurikirana ayo mafaranga kuko u Bwongereza buyatugomba mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko “nta yandi mafaranga ajyanye n’iyi gahunda azongera kwishyurwa ndetse u Rwanda rwanze kwishyurwa amafaranga y’inyongera.”

U Rwanda rwari rwishyuje u Bwongereza ariya mafaranga, nyuma y’uko iki gihugu gihagaritse inkunga cyarugeneraga kirushinja kugira uruhare mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Bwongereza n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bishinja u Rwanda kuba ari rwo ruha ubufasha umutwe wa M23 uri mu ntambara n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda inshuro nyinshi rwakunze guhakana guha ubufasha uriya mutwe kuri ubu ugenzura ibice bitandukanye byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Amakuru avuga ko kugeza muri Gashyantare 2024, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda miliyoni 220 z’ama-Pound, hakaba hari hasigaye kwishyurwa izindi nshuro eshatu aho muri Mata 2024 hagombaga kwishyurwa miliyoni 50 z’ama-Pound, muri Mata 2025 hakishyurwa andi miliyoni 50 z’ama-Pound no muri Mata 2026 hakazishyurwa andi miliyoni 50 z’ama-Pound.

Makolo ati “U Rwanda rwamenyesheje Guverinoma y’u Bwongereza ko rwishyuza miliyoni 50 z’ama-Pound akubiye mu masezerano agenga gahunda y’abimukira n’imishinga y’iterambere.”

Imibare y’inzego zishinzwe abimukira mu Bwongereza igaragaza ko mu 2024 abimukira binyijiye mu gihugu binyuranye n’amategeko banyuze mu nzira z’ubwato buto barenga 36.816 barimo abarenga 23.000 binjiye nyuma ya Nyakanga 2024 ubwo Starmer yari amaze kujya ku butegetsi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago