MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yishyiriyeho Visi-Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru uje guhangana na M23

Perezida Tshisekedi yagize Karawa Dengamo guverineri wungirije w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kugirango yongere imbaraga zo guhangana na M23 kugeza ubu ifite mu maboko iyi ntara.

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Werurwe 2025, atangarijwe kuri radiyo na Televiziyo by’igihugu (RTNC) ko uyu Karawa wari usanzwe ari komiseri muri Polisi y’igihugu yagizwe Visi-Guverineri.ku muyoboro w’igihugu

Karawa Dengamo azasimbura Komiseri Romuald Ekuka wari kuri uyu mwanya mbere y’uko umujyi wa Goma wigarurirwa na M23.

Mbere yo kugirwa umuyobozi wungirije mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Louis Segond Kawara yari umuyobozi wa polisi mu gace ka Mai-Ndombe. Umwaka ushize, Inteko y’Intara ya Maï-Ndombe yari yasabye ko ihabwa umuyobozi utari umusivili niko kumuha izo nshingano.

Byitezwe ko Komiseri Louis Second Karawa Dengamo, azifatanya na guverineri mukuru w’iyi Ntara Jenerali Majoro Somo Kakule Evariste wasimbuye kuri uyu mwanya Maj.Gen. Chilimwami Nkuba nyuma y’uko yiciwe ku murongo w’urugamba,kuyobora iyi ntara.

Bakaba bazayobora iyi ntara mu gihe ibiro byabo biri muri teritwari ya Beni.

Tshisekedi ashyizeho izi mpinduka mu rwego rwo kongera gushaka kwigarurira intara ya Kivu ya ruguru kugeza ubu iri mu maboko ya AFC/M23 cyo kimwe n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo.

Christian

Recent Posts

Ishimwe Dieudonne (Prince Kid) yafatiwe muri Amerika

Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid washakanye na Miss Iradukunda Elsa amakuru aravuga ko yafatiwe…

6 hours ago

Kamonyi: Umugabo wari warahinze urumogi mu rugo iwe yatawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo witwa Hitimana Emmanuel w’imyaka 48, wo mu Karere…

3 days ago

U Bwongereza bwanze kwishyura akayabo bw’ishyuzwa n’u Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano…

4 days ago

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

5 days ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

5 days ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

5 days ago