MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yishyiriyeho Visi-Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru uje guhangana na M23

Perezida Tshisekedi yagize Karawa Dengamo guverineri wungirije w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kugirango yongere imbaraga zo guhangana na M23 kugeza ubu ifite mu maboko iyi ntara.

Advertisements

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Werurwe 2025, atangarijwe kuri radiyo na Televiziyo by’igihugu (RTNC) ko uyu Karawa wari usanzwe ari komiseri muri Polisi y’igihugu yagizwe Visi-Guverineri.ku muyoboro w’igihugu

Karawa Dengamo azasimbura Komiseri Romuald Ekuka wari kuri uyu mwanya mbere y’uko umujyi wa Goma wigarurirwa na M23.

Mbere yo kugirwa umuyobozi wungirije mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Louis Segond Kawara yari umuyobozi wa polisi mu gace ka Mai-Ndombe. Umwaka ushize, Inteko y’Intara ya Maï-Ndombe yari yasabye ko ihabwa umuyobozi utari umusivili niko kumuha izo nshingano.

Byitezwe ko Komiseri Louis Second Karawa Dengamo, azifatanya na guverineri mukuru w’iyi Ntara Jenerali Majoro Somo Kakule Evariste wasimbuye kuri uyu mwanya Maj.Gen. Chilimwami Nkuba nyuma y’uko yiciwe ku murongo w’urugamba,kuyobora iyi ntara.

Bakaba bazayobora iyi ntara mu gihe ibiro byabo biri muri teritwari ya Beni.

Tshisekedi ashyizeho izi mpinduka mu rwego rwo kongera gushaka kwigarurira intara ya Kivu ya ruguru kugeza ubu iri mu maboko ya AFC/M23 cyo kimwe n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago