Abarwanyi b’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Santere ya Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Bafashe Nyabiondo nyuma y’imirwano ikomeye yabahanganishije n’umutwe wa APCLS ukorana n’ingabo za Leta ya RDC, kuva mu gitondo cyo ku wa 9 Werurwe 2025.
Umwe mu bayobozi bo muri Segiteri Osso-Banyungu iherereyemo iyi santere, Kipanda Biiri, yatangarije ibiro ntaramakuru Reuters ati “M23 yafashe Nyabiondo kuva Saa Tanu, nyuma y’imirwano.”
Abaturage benshi bo muri Nyabiondo bahunze imirwano yahabereye, berekeza mu bice bitekanye byo mu burengerazuba birimo Kashebere.
Nyabiondo iri mu marembo ya Teritwari ya Walikale ifatwa nk’ibirindiro bikuru by’imitwe yitwaje intwaro ikorana na Leta ya RDC nka NDC-R ya Guidon Shimiray Mwissa wiyita ‘Général’.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…