Abarwanyi b’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Santere ya Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Bafashe Nyabiondo nyuma y’imirwano ikomeye yabahanganishije n’umutwe wa APCLS ukorana n’ingabo za Leta ya RDC, kuva mu gitondo cyo ku wa 9 Werurwe 2025.
Umwe mu bayobozi bo muri Segiteri Osso-Banyungu iherereyemo iyi santere, Kipanda Biiri, yatangarije ibiro ntaramakuru Reuters ati “M23 yafashe Nyabiondo kuva Saa Tanu, nyuma y’imirwano.”
Abaturage benshi bo muri Nyabiondo bahunze imirwano yahabereye, berekeza mu bice bitekanye byo mu burengerazuba birimo Kashebere.
Nyabiondo iri mu marembo ya Teritwari ya Walikale ifatwa nk’ibirindiro bikuru by’imitwe yitwaje intwaro ikorana na Leta ya RDC nka NDC-R ya Guidon Shimiray Mwissa wiyita ‘Général’.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…