IMIKINO

Muhire Kevin yahishuye icyatumye umusaruro uba muke mu mukino wabahuje na APR Fc

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin yatangaje ko kubura rutahizamu Fall Ngagne byabakozeho cyane ku buryo byatumye batababasha gutsinda APR FC.

Advertisements

Uyu mukinnyi yabigarutseho nyuma y’umukino Gikundiro yanganyije n’Ikipe y’Ingabo 0-0, ku Cyumweru, tariki ya 9 Werurwe 2025 kuri Stade Amahoro.

Muhire Kevin yagize ati “ Ntaho byapfiriye. Urabona ko twari dufite rutahizamu Fall ariko ubu ntabwo ahari. Abeddy ntabwo turamenyerana ariko bizagenda biza. Navuga ko icyuho cya Fall Ngagne cyadukozeho.”

Fall Ngagne yari umwe mu bakinnyi Murera igenderaho ariko aherutse kugira imvune y’ivi yasoje umwaka we w’imikino. Uyu mukinnyi kandi ni we uyoboye abamaze gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona, aho afite 13.

Muhire yakomeje agaragaza ko amahirwe yo kwegukana igikombe agihari kuri Rayon Sports.

Ati “Amanota dushobora no kuzayongera kuko imikino dusigaje iracyari myinshi. Nidukomeza gukorera hamwe twese ntekereza ko azagumamo. Ibisabwa byose tuzabikora kugira ngo tuzagume ku mwanya wa mbere.”

Mugenzi we, Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yagaragaje wari umukino mwiza kandi byose bigishoboka kuzegukana igikombe.

Ati “Ni umukino wari mwiza ku mpande zombi twasatiraga nabo bagasatira, twabaranaga gusa twahushije amahirwe menshi. Turasaba abafana gukomeza kutuba inyuma kuko biracyashoboka.”

Mu gihe Shampiyona ibura imikino 10 ngo irangire, Rayon Sports iracyari ku mwanya wa mbere n’amanota 43, aho irusha APR FC ya kabiri amanota abiri gusa.

Umukino wabayemo kugarirana ku mpande zombi
APR Fc yashakaga kuyobora urutonde rwa Shampiyona ntiyahiriwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago