MU MAHANGA

Perezida wa Kenya, Ruto yatanze amafaranga ku rusengero imyigaragambyo ihita yaduka

Abanyakenya biganjemo urubyiruko bakoze imyigaragambyo ndetse bagerageza kwibasira inyubako z’itorero Jesus Winner Ministry bariziza amafaranga riherutse guhabwa na Perezida w’iki gihugu, William Ruto mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni imyigaragambyo ibaye nyuma yuko mu minsi mike ishize, tariki 9 Werurwe 2025, Perezida Ruto yatangaje ko yahaye impano y’ibihumbi 150$ itorero riherereye mu gace ka Roysambu muri Nairobiryitwa Jesus Winner Ministry.

Ubwo muri uru rusengero hari hari kubera amateraniro, uru rubyiruko rwateguye imyigaragambyo yari igamije kurutwika, gusa ruza guhoshwa na polisi gusa amakuru ahari ashimangira ko benshi mu bateguye iyi myigaragambyo batawe muri yombi.

Ni amafaranga Ruto avuga ko yatanzwe hagamijwe gushyigikira amadini, mu gihe hari abavuga ko ari uburyo bwo kuyacecekesha kugira ngo atanenga ibikorwa bye bya politike.

Icyo gihe byarakaje Abanyakenya biganjemo urubyiruko ruvuga ko nta mirimo rufite, mu gihe umuyobozi w’igihugu yirirwa atanga amafaranga.

Perezida Ruto yari aherutse gutanga amafaranga nk’aya kuri Kiliziya Gatolika n’Itorero Angilikani, gusa abayobozi bayo barayanga.

Christian

Recent Posts

Abifuza guhindurirwa ifoto iri ku ikarita y’indangamuntu basubijwe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangaje ko Abanyarwanda bifuza guhindura amafoto ari ku Ikarita y’Indangamuntu…

1 hour ago

Muhire Kevin yahishuye icyatumye umusaruro uba muke mu mukino wabahuje na APR Fc

Kapiteni w'ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin yatangaje ko kubura rutahizamu Fall Ngagne byabakozeho cyane…

2 hours ago

Perezida Kagame yavuze ko Tshisekedi wa RD Congo afite ingengabitekerezo ya Jenoside

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasubije umunyamakuru Mario Nawfa mu kiganiro 69 ‘𝕏…

6 hours ago

M23 yongeye gufata agace k’ingenzi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru

Abarwanyi b’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Santere ya…

6 hours ago

Abanenze ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bahamagajwe

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 10 Werurwe, abayobozi benshi banenze bakaba batavuga rumwe n’ubutegetsi…

7 hours ago

Ishimwe Dieudonne (Prince Kid) yafatiwe muri Amerika

Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid washakanye na Miss Iradukunda Elsa amakuru aravuga ko yafatiwe…

1 day ago