IMYIDAGADURO

Sandra Teta yatatse ibyiza umugabo we Weasel n’ubwo ahora amukubita

Umunyarwandakazi Sandra Teta wihebeye Weasel ukomoka muri Uganda yongeye kuvuga ko yihebeye kandi bigoye kureka umugabo we n’ubwo bahora mu ntonganya zivamo n’imirwano.

Advertisements

Umuhanzi Weasel, umwe mu bagize itsinda Radio & Weasel amaze imyaka irenga icumi abana n’umugore we Sandra Teta aho bombi bafitanye abana babiri.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Sandra Teta yagarutse ku mubano we na Weasel, avuga ko n’ubwo nk’abantu bagira amakosa, ibyiza bye biruta ibibi.

Ibi yabigarutseho ubwo yasubizaga abibaza impamvu akihoma kuri Weasel uhora amukubita kugeza n’aho yigeze kumukubita bikaba ngombwa ko ahungira iwabo mu Rwanda.

Sandra Teta yagize ati: “Buri muntu agira amakosa kuko nta mutagatifu ubaho. Ariko Weasel afite indangagaciro z’umuryango zifatika. Ibikorwa bye byiza biruta ibibi, kandi ni yo mpamvu nkomeza kumuba hafi. Ni umuntu wanjye kandi mwiza n’ubwo duhura n’imbogamizi zitandukanye.”

Yongeyeho ko n’ubwo umugabo we ari icyamamare mu rugo ni umubyeyi witangira umuryango we. Yemeza ko Weasel ari umugabo wita ku rugo rwe kandi wita ku bana be, bitandukanye n’ibyo benshi baba batekereza ku byamamare.

Uyu mubano wabo ukomeje kuganirwaho cyane, dore ko Weasel akunze kuvugwaho imyitwarire ikemangwa yo gukubita umugore we, ariko Sandra Teta yemeza ko umubano wabo ukomeje gutera imbere bitewe n’urukundo n’ubwumvikane bafitanye.

Sandra Teta amaze kubyarira Weasel abana babiri
Urukundo rwabo rwagiye ruzamo agatotsi kenshi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago