MU MAHANGA

Ubutumwa bw’ingabo za SADC zari muri RDC zasabwe kuhava

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC, yashyize iherezo ku butumwa ingabo z’uyu muryango zari zimazemo igihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ingabo za SADC zo mu bihugu bya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania zari mu burasirazuba bwa RDC kuva muri 2023, aho zari zaragiye gufasha ku rugamba ingabo za kiriya gihugu zihanganye mu ntambara n’umutwe wa M23.

Umwanzuro wa 10 w’Inama y’Abakuru b’ibihugu bigize uriya muryango yabereye i Harare muri Zimbabwe, uvuga ko iyo nama “yasheshe ubutumwa bwa SAMIDRC inategeka itangira ry’icyiciro cyo gucyura ingabo za SAMIDRC ziri muri Congo”.

SADC igiye gucyura ingabo zayo, mu gihe kuva muri Mutarama ubwo M23 yigaruriraga Umujyi wa Goma yazigoteyeyo; ibyatumye zitongera gusubira gufasha FARDC ku rugamba.

Imirwano y’i Goma kandi yiciwemo ingabo za SADC ziganjemo izo muri Afurika y’Epfo.

Itangazo ry’uyu muryango rivuga ko uzakomeza gushyigikira RDC mu rugendo rwo kugera ku mahoro arambye no kugira ngo ubusugire bwayo bwubahwe, gusa nanone ukavuga ko ibibazo byo mu burasirazuba bwayo bigomba gukemuka biciye mu nzira ya dipolomasi.

SADC yemeje ko igiye gutangira gucyura ingabo zayo mu byiciro, nyuma y’amasaha make leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeye kujya mu mishyikirano n’umutwe wa M23.

Christian

Recent Posts

RDC: Abasirikare bakomeye bashinjwe guhunga urugamba ubwo M23 yafata Goma baburanishijwe

Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…

4 hours ago

Uruzinduko Perezida Kagame yari kuzagirira I Gahanga muri Kicukiro rwimuriwe muri BK Arena

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…

18 hours ago

Perezida Kagame azasura abaturage b’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu i Gahanga

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe mu Karere ka Kicukiro i Gahanga aho…

1 day ago

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 day ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

1 day ago

Perezida Kagame yahishuye uko umukoresha wa Tshisekedi yatunguwe no kumubona ayobora igihugu

Mu kiganiro n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko Tshisekedi ayobora RDC, yamaze…

2 days ago