UMUTEKANO

Abaminisitiri bahagarariye ibihugu bibarizwa muri EAC bahuriye mu nama yiga ku mutekano wa RDC

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga n’ab’ingabo bo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bahuriye i Nairobi muri Kenya, mu nama yiga ku mutekano wo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, ni we wayiyoboye. Bemeranyije ko hakwiye ubufatanye mu gukemura ibibangamiye umutekano.

Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko muri iyi nama, abaminisitiri bashyigikiye imyanzuro y’abagaba bakuru bo muri EAC n’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) irebana no guhagarika imirwano n’ubushotoranyi mu Burasirazuba bwa RDC ndetse n’ibikorwa by’ubutabazi.

Yasobanuye kandi ko baganiriye ku murongo w’ibiganiro bya politiki binyuze mu nzira ya Luanda-Nairobi birebana n’ikibazo cya RDC, bizitabirwa n’abahuza batatu: Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya na Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Inama y’abaminisitiri bo muri EAC ibanjirije izabahuza n’abo muri SADC tariki ya 17 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Harare muri Zimbabwe, aho bazaba baganira ku buryo intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC yahagarara.

Ni inama ishingira ku myanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ubwo bahuriraga i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 8 Gashyantare, irimo guhagarika imirwano n’ubushotoranyi hagati y’impande ziri mu ntambara muri RDC no korohereza ibikorwa by’ubutabazi.

Abaminisitiri bahagarariye ibihugu bibarizwa mu muryango wa EAC
Inama yateranye yigaga ku kibazo cy’umutekano muke uri muri RD Congo

Christian

Recent Posts

Gitangaza Prince wari warahungiye muri Uganda nyuma yo gukekwaho icyaha cy’iyicarubozo yashyikirijwe u Rwanda

U Rwanda rwakiriye Gitangaza Prince wari warahungiye muri Uganda nyuma yo gukekwaho kugira uruhare ku…

5 hours ago

Kigali: Umukozi wo mu rugo wishe mugenzi we yarashwe na Polisi

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu umukozi wo mu rugo witwa Niyonita Eric yishe…

15 hours ago

Menya abayobozi b’intoranwa bakomeye barindwa n’abajepe mu Rwanda

Mu Rwanda abantu benshi iyo bumvise Republican Guard bahita bumva ari abajepe barinda Perezida wa…

16 hours ago

Santrafurika: Aba Polisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidali y’ishimwe

Kuwa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025, Abapolisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro muri…

16 hours ago

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Amerika yirukanwe

Ebrahim Rasool, wari Ambasaderi wa Afurika y'Epfo muri Amerika yirukanwe na Leta Zunze Ubumwe za…

16 hours ago

RDC: Abasirikare bakomeye bashinjwe guhunga urugamba ubwo M23 yafata Goma baburanishijwe

Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…

2 days ago