Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu umukozi wo mu rugo witwa Niyonita Eric yishe mugenzi we Bampire Françoise amuteye icyuma mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro ariko nawe ntiyarusimbuka.
Amakuru y’ibanze avuga ko impamvu y’ubu bwicanyi yakoreye mugenzi we itaramenyekana. Gusa nyuma yo gukora ayo mahano, Niyonita yagize imyitwarire y’agasuzuguro, ashaka gutema buri wese wamwegereye, harimo n’inzego z’umutekano zari zije gutabara.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yatangaje ko uyu musore yarwanyije abashinzwe umutekano ubwo bageragezaga kumufata, bituma polisi imurasa.
CIP Gahonzire yagize ati: “Yashakaga gutema buri wese umwegereye. Twatangije iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye ubu bwicanyi.”
Polisi yatangaje ko amakuru arambuye kuri iki kibazo azatangazwa mu masaha ari imbere.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…