RWANDA

Menya abayobozi b’intoranwa bakomeye barindwa n’abajepe mu Rwanda

Mu Rwanda abantu benshi iyo bumvise Republican Guard bahita bumva ari abajepe barinda Perezida wa Repubulika, gusa akazi aba basirikare bakora kakaba ari akazi k’indashyikirwa ndetse gasobanurwa n’iteka rya Perezida.

Akazi abajepe bakora gasobanurwa n’iteka rya Perezida N° 33/01 ryo kuwa 03/09/2012 mu ngingo yaryo ya 42: iri tegeko risobanura akazi kose abajepe bakora, mu busanzwe abajepe cyangwa se Republican Guards ni burigade yihariye mu ngabo z’u Rwanda ishinzwe kurinda abayobozi bo mu nzego Nkuru za Leta ndetse n’abanyacyubahiro batandukanye. 

Muriyi nkuru mutwemerere dufungure indi paji turebere hamwe abayobozi 12 mu Rwanda bemerewe kurindwa n’abajepe. Murakaza neza muriyi nkuru.

Abayobozi mu Rwanda barindwa n’abajepe ni aba bakurikira :

1. Perezida wa Repubulika n’umuryango we wa hafi.

2. Perezida wa Sena

3. Perezida w’umutwe w’Abadepite

4. Perezida w’urukiko rw’ikirenga

5. Minisitiri w’intebe

6. Abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma bo hanze bagendereye U Rwanda

7. Perezida watowe utaratangira imirimo hamwe n’umuryango we wa hafi.

8. Perezida ucyuye igihe n’umuryango we wa hafi.

9. Perezida wa Sena ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe. 

10. Perezida w’umutwe w’abadepite ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.

11. Perezida w’urukiko rw’ikirenga ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.

12. Minisitiri w’intebe ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.

13. Undi muntu wese cyangwa ahantu hagenwa n’umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda.

Umujepe arinda Perezida Paul Kagame

Christian

Recent Posts

Kigali: Umukozi wo mu rugo wishe mugenzi we yarashwe na Polisi

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu umukozi wo mu rugo witwa Niyonita Eric yishe…

8 hours ago

Santrafurika: Aba Polisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidali y’ishimwe

Kuwa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025, Abapolisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro muri…

9 hours ago

Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Amerika yirukanwe

Ebrahim Rasool, wari Ambasaderi wa Afurika y'Epfo muri Amerika yirukanwe na Leta Zunze Ubumwe za…

9 hours ago

RDC: Abasirikare bakomeye bashinjwe guhunga urugamba ubwo M23 yafata Goma baburanishijwe

Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…

1 day ago

Uruzinduko Perezida Kagame yari kuzagirira I Gahanga muri Kicukiro rwimuriwe muri BK Arena

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…

2 days ago

Ubutumwa bw’ingabo za SADC zari muri RDC zasabwe kuhava

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…

2 days ago