Mu Rwanda abantu benshi iyo bumvise Republican Guard bahita bumva ari abajepe barinda Perezida wa Repubulika, gusa akazi aba basirikare bakora kakaba ari akazi k’indashyikirwa ndetse gasobanurwa n’iteka rya Perezida.
Akazi abajepe bakora gasobanurwa n’iteka rya Perezida N° 33/01 ryo kuwa 03/09/2012 mu ngingo yaryo ya 42: iri tegeko risobanura akazi kose abajepe bakora, mu busanzwe abajepe cyangwa se Republican Guards ni burigade yihariye mu ngabo z’u Rwanda ishinzwe kurinda abayobozi bo mu nzego Nkuru za Leta ndetse n’abanyacyubahiro batandukanye.
Muriyi nkuru mutwemerere dufungure indi paji turebere hamwe abayobozi 12 mu Rwanda bemerewe kurindwa n’abajepe. Murakaza neza muriyi nkuru.
Abayobozi mu Rwanda barindwa n’abajepe ni aba bakurikira :
1. Perezida wa Repubulika n’umuryango we wa hafi.
2. Perezida wa Sena
3. Perezida w’umutwe w’Abadepite
4. Perezida w’urukiko rw’ikirenga
5. Minisitiri w’intebe
6. Abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma bo hanze bagendereye U Rwanda
7. Perezida watowe utaratangira imirimo hamwe n’umuryango we wa hafi.
8. Perezida ucyuye igihe n’umuryango we wa hafi.
9. Perezida wa Sena ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
10. Perezida w’umutwe w’abadepite ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
11. Perezida w’urukiko rw’ikirenga ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
12. Minisitiri w’intebe ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
13. Undi muntu wese cyangwa ahantu hagenwa n’umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu umukozi wo mu rugo witwa Niyonita Eric yishe…
Kuwa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025, Abapolisi b’u Rwanda 181 bari mu butumwa bw’amahoro muri…
Ebrahim Rasool, wari Ambasaderi wa Afurika y'Epfo muri Amerika yirukanwe na Leta Zunze Ubumwe za…
Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…
Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…