Mu Rwanda abantu benshi iyo bumvise Republican Guard bahita bumva ari abajepe barinda Perezida wa Repubulika, gusa akazi aba basirikare bakora kakaba ari akazi k’indashyikirwa ndetse gasobanurwa n’iteka rya Perezida.
Akazi abajepe bakora gasobanurwa n’iteka rya Perezida N° 33/01 ryo kuwa 03/09/2012 mu ngingo yaryo ya 42: iri tegeko risobanura akazi kose abajepe bakora, mu busanzwe abajepe cyangwa se Republican Guards ni burigade yihariye mu ngabo z’u Rwanda ishinzwe kurinda abayobozi bo mu nzego Nkuru za Leta ndetse n’abanyacyubahiro batandukanye.
Muriyi nkuru mutwemerere dufungure indi paji turebere hamwe abayobozi 12 mu Rwanda bemerewe kurindwa n’abajepe. Murakaza neza muriyi nkuru.
Abayobozi mu Rwanda barindwa n’abajepe ni aba bakurikira :
1. Perezida wa Repubulika n’umuryango we wa hafi.
2. Perezida wa Sena
3. Perezida w’umutwe w’Abadepite
4. Perezida w’urukiko rw’ikirenga
5. Minisitiri w’intebe
6. Abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma bo hanze bagendereye U Rwanda
7. Perezida watowe utaratangira imirimo hamwe n’umuryango we wa hafi.
8. Perezida ucyuye igihe n’umuryango we wa hafi.
9. Perezida wa Sena ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
10. Perezida w’umutwe w’abadepite ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
11. Perezida w’urukiko rw’ikirenga ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
12. Minisitiri w’intebe ucyuye igihe, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
13. Undi muntu wese cyangwa ahantu hagenwa n’umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…