IMIKINO

APR BBC yasoje imikino ibanza ya shampiyona idatsinzwe-AMAFOTO

Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC ica agahigo ko gusoza imikino ibanza ya shampiyona idatsinzwe.

Advertisements

Ni mu mukino utari woroshye ku mpande zombi wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 16 Werurwe 2025, muri Petit Stade i Remera.

Ikipe y’Ingabo yagiye gukina ibizi neza ko idakwiriye gukora ikosa ryo gutakaza muri shampiyona kuko yarimaze gutsinda imikino irindwi yose yakinnye.

Ku rundi ruhande, Patriots BBC yo ntabwo yatangiye neza ugereranyije n’umwaka ushize kuko ifite umusaruro uvanze, aho no gutsinda byakunze kugorana.

Umukino watangiye wihuta cyane n’amanota ari menshi kuko Elliot Cole na Aliou Diarra batsindiraga amakipe yombi.

Agace ka mbere karangiye Patriots BBC iyoboye umukino n’amanota 28 kuri 20 ya APR BBC.

Mu gace ka kabiri, umukino wakomeje kwihuta, abakinyi nka na Steve Hagumintwali na Olivier Kamirindi batsinda amanota menshi.

Mu minota itanu ya mbere y’aka gace, Patriots yari yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota icyenda (40-31).

Igice cya mbere cyarangiye Patriots BBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 45 kuri 38 ya APR BBC.

Mu gace ka gatatu, Ikipe y’Ingabo yasubiranye itangira kugarira bikomeye.

Mu minota ya nyuma, Patriots yihagazeho ibifashwamo n’ubunararibonye bw’abakinnyi.

Ku isegonda rya nyuma ry’aka gace, Cole yatsinze amanota ari mu kibuga hagati.

Aka gace karangiye Patriots ikiyoboye umukino n’amabota 56 kuri 49 ya APR.

Agace ka nyuma, Ikipe y’Ingabo yakihariye cyane kuko Patriots yari yarushye kubera abakinnyi bake bityo ntibasimburwe.

Habura iminota itatu, Ikipe y’Ingabo yayoboye umukino ku nshuro ya mbere n’amanota (60-59).

Mu masegonda 17 ya nyuma y’umukino, Patriots yarushaga APR BBC amanota abiri (67-68).

Icyakora ku isegonda rya nyuma, Adonis Filer yatsindiye APR BBC amanota atatu yakoze ikinyuranyo, Umukino warangiye APR BBC itsinze Patriots BBC amanota 68-67, ishimangira gusoza igice kibanza cya shampiyona iyoboye.

Aliou Diarra yatsinze amanota menshi muri uyu mukino, angana na 29, Cole Elliott atsinda 26 ku ruhande rwa Patriots BBC.

Undi mukino wabaye ku Cyumweru, Orion BBC yatsinze Espoir BBC amanota 90-63.

Ku wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe 2025 imikino ibanza izasozwa, APR BBC izakina na Tigers, mu gihe Patriots BBC izakina na REG BBC, mu mikino isoza ibanza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago