MU MAHANGA

AFC/M23 ntibakitabiriye ibiganiro i Luanda

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazitabira ibiganiro byo gushaka amahoro  byagombaga guhuza abayobozi baryo n’aba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Advertisements

Ibi biganiro byagombaga kubera i Luanda muri Angola, ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe, 2025.

Mu itangazo ryo kuri uyu wa Mbere, AFC/M23, yavuze ko  iki cyemezo cyatewe n’ibihano byafatiwe abayobozi baryo ndetse rigaragaza ko hari imiryango mpuzamahanga iri kubangamira inzira igamije kugarura amahoro binyuze mu biganiro.

Ibi bibaye nyamara ku ruhande rwa Leta ya Congo yarimaze gutangaza ko izohereza abazayihagararira muri ibi biganiro byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nk’uko byatangajwe na Tina Salama, Umuvugizi wa Perezida wa Leta ya Congo yari yavuze ko iki gihugu kizagira uruhare mu biganiro bya Luanda n’inyeshyamba za M23 (AFC-M23), kabone n’ubwo bikigoye kumenya abazaba bagize intumwa.

Ibiganiro by’amahoro byari byatangajwe na Perezida wa Angola Laurenço nyuma yo guhura na Tshisekedi nawe akabyemera.

Icyo gihe Laurenço ari nawe muhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, yasabye ko impande zose ko zahagarika imirwano, hagamijwe gushyiraho umwuka mwiza kugira ngo amasezerano agamije amahoro arambye azabashe kubaho.

Ihuriro AFC/M23 ryanze kwitabira ibiganiro by’amahoro byagombaga kubera i Luanda
Itangazo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago