MU MAHANGA

Leta ya Congo yemeye kugirana ibiganiro na M23 i Luanda

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) izagira uruhare mu biganiro bya Luanda n’inyeshyamba za M23 (AFC-M23), kabone n’ubwo bikigoye kumenya abazaba bagize intumwa, nk’uko byatangajwe na Tina Salama, Umuvugizi wa Perezida wa Leta ya Congo.

Advertisements

Ibi ni ibyatangajwe n’ibiro Ntaramakuru Reuters, kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Werurwe 2025.

Ku ruhande rwabo, inyeshyamba za M23 zemeje ko zabonye ubutumire bwandikiwe umuyobozi wabo, Bertrand Bisimwa, bwoherejwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola ngo bazagire uruhare muri iyo mishyikirano.

Ku ruhande rwe, Perezida wa Angola, umuhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, yasabye ko impande zose zahagarika imirwano, hagamijwe gushyiraho umwuka mwiza kugira ngo amasezerano agamije amahoro arambye azabashe kubaho.

Hatagize igihinduka rero kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025, nibwo intumwa za Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’iza M23 zizahurira i Luanda muri Angola mu rwego rwo gutangira ibiganiro bitaziguye hagati y’impande zombi Tshisekedi yari yararahiye ko bitazigera bibaho.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago