Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) izagira uruhare mu biganiro bya Luanda n’inyeshyamba za M23 (AFC-M23), kabone n’ubwo bikigoye kumenya abazaba bagize intumwa, nk’uko byatangajwe na Tina Salama, Umuvugizi wa Perezida wa Leta ya Congo.
Ibi ni ibyatangajwe n’ibiro Ntaramakuru Reuters, kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Werurwe 2025.
Ku ruhande rwabo, inyeshyamba za M23 zemeje ko zabonye ubutumire bwandikiwe umuyobozi wabo, Bertrand Bisimwa, bwoherejwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola ngo bazagire uruhare muri iyo mishyikirano.
Ku ruhande rwe, Perezida wa Angola, umuhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, yasabye ko impande zose zahagarika imirwano, hagamijwe gushyiraho umwuka mwiza kugira ngo amasezerano agamije amahoro arambye azabashe kubaho.
Hatagize igihinduka rero kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025, nibwo intumwa za Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’iza M23 zizahurira i Luanda muri Angola mu rwego rwo gutangira ibiganiro bitaziguye hagati y’impande zombi Tshisekedi yari yararahiye ko bitazigera bibaho.
Umukuru w'igihugu w'igihugu cy'u Burundi Evariste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda, arushinja kuba ari rwo…
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazitabira ibiganiro byo gushaka amahoro byagombaga guhuza abayobozi baryo n'aba Leta…
Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC ica agahigo ko gusoza imikino ibanza ya shampiyona…
Ku Cyumweru tariki 16 Werurwe, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yahuye…
Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka…
Umugabo wari urimo kwahira ubwatsi bw’inka mu gishanga witwaga Bigirimana Placide w’imyaka 31, n’uwo bari…