MU MAHANGA

Leta ya Congo yemeye kugirana ibiganiro na M23 i Luanda

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) izagira uruhare mu biganiro bya Luanda n’inyeshyamba za M23 (AFC-M23), kabone n’ubwo bikigoye kumenya abazaba bagize intumwa, nk’uko byatangajwe na Tina Salama, Umuvugizi wa Perezida wa Leta ya Congo.

Ibi ni ibyatangajwe n’ibiro Ntaramakuru Reuters, kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Werurwe 2025.

Ku ruhande rwabo, inyeshyamba za M23 zemeje ko zabonye ubutumire bwandikiwe umuyobozi wabo, Bertrand Bisimwa, bwoherejwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola ngo bazagire uruhare muri iyo mishyikirano.

Ku ruhande rwe, Perezida wa Angola, umuhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo, yasabye ko impande zose zahagarika imirwano, hagamijwe gushyiraho umwuka mwiza kugira ngo amasezerano agamije amahoro arambye azabashe kubaho.

Hatagize igihinduka rero kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Werurwe 2025, nibwo intumwa za Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’iza M23 zizahurira i Luanda muri Angola mu rwego rwo gutangira ibiganiro bitaziguye hagati y’impande zombi Tshisekedi yari yararahiye ko bitazigera bibaho.

Christian

Recent Posts

Perezida Neva yongeye kuvuga amagambo yibasira u Rwanda

Umukuru w'igihugu w'igihugu cy'u Burundi Evariste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda, arushinja kuba ari rwo…

2 hours ago

AFC/M23 ntibakitabiriye ibiganiro i Luanda

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazitabira ibiganiro byo gushaka amahoro  byagombaga guhuza abayobozi baryo n'aba Leta…

17 hours ago

APR BBC yasoje imikino ibanza ya shampiyona idatsinzwe-AMAFOTO

Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC ica agahigo ko gusoza imikino ibanza ya shampiyona…

18 hours ago

Perezida Tshisekedi yakiriye mu biro bye intumwa idasanzwe yoherejwe na Trump

Ku Cyumweru tariki 16 Werurwe, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yahuye…

22 hours ago

U Rwanda rwacanye umubano n’u Bubiligi, ruhita runirukana n’Abadipolomate babo

Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka…

1 day ago

Rusizi: Abantu batatu barimo umunyeshuri bakubiswe n’inkuba

Umugabo wari urimo kwahira ubwatsi bw’inka mu gishanga witwaga Bigirimana Placide w’imyaka 31, n’uwo bari…

1 day ago