MU MAHANGA

Umutwe wa M23 watangiye kugenzura ahahoze indiri ya FDLR

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, umutwe wa M23 uragenzura umujyi wa Kibua wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kibua iherereye muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse uyu mujyi muto mu myaka yashize wahoze ari indiri y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo M23 iri kurwanira muri Teritwari ya Walikale yawigaruriye iwirukanyemo abarimo FARDC, FDLR na Wazalendo barwanaga.

Ifatwa rya Kibua byitezwe ko rigomba gufungurira M23 amarembo yo kwigarurira Walikale Zone, umujyi wamaze guhungiramo ingabo nyinshi za leta nyuma yo kwirukanwa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi.

Kugeza ku mugoroba wo ku Cyumweru amakuru yavugaga ko M23 iri mu bilometero bibarirwa muri 40 uvuye i Walikale ndetse no mu bibarirwa muri 80 uvuye mu yindi Centre y’ubucuruzi ikomeye yitwa Mubi.

Umutwe wa M23 wageze mu birindiro bya FDRL

Christian

Recent Posts

Perezida Neva yongeye kuvuga amagambo yibasira u Rwanda

Umukuru w'igihugu w'igihugu cy'u Burundi Evariste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda, arushinja kuba ari rwo…

6 hours ago

AFC/M23 ntibakitabiriye ibiganiro i Luanda

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazitabira ibiganiro byo gushaka amahoro  byagombaga guhuza abayobozi baryo n'aba Leta…

20 hours ago

APR BBC yasoje imikino ibanza ya shampiyona idatsinzwe-AMAFOTO

Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC ica agahigo ko gusoza imikino ibanza ya shampiyona…

22 hours ago

Perezida Tshisekedi yakiriye mu biro bye intumwa idasanzwe yoherejwe na Trump

Ku Cyumweru tariki 16 Werurwe, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yahuye…

1 day ago

U Rwanda rwacanye umubano n’u Bubiligi, ruhita runirukana n’Abadipolomate babo

Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka…

1 day ago

Rusizi: Abantu batatu barimo umunyeshuri bakubiswe n’inkuba

Umugabo wari urimo kwahira ubwatsi bw’inka mu gishanga witwaga Bigirimana Placide w’imyaka 31, n’uwo bari…

1 day ago