Abantu 18 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwari butwaye abimukira, bava muri Afurika berekeza mu Burayi banyuze mu Nyanja ya Méditerranée nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe umutekano muri Tunisia.
Izi nzego zatangaje ko zabashije kurokora abantu 612 mu bikorwa byatwaye igihe kinini, andi makuru akavuga ko hari ababuriwe irengero burundu.
Bagaragaje ko umubare munini w’aba bimukira wari uwa abagore n’abana, benshi bakaba bapfuye kubera ubukonje bwo mu mazi, abandi bananirwa gukomeza koga bituma babura imbaraga, bashiramo umwuka.
Amakuru y’ibanze yerekana ko ubwato aba bimukira bari barimo bwari buto ugereranyije n’umubare wabo, ndetse bukaba bwari bushaje, butagifite ubushobozi bwo gukora ingendo ndende.
Ibihugu bya Libya na Tunisia byabaye inzira ikoreshwa n’abimukira baturutse mu bihugu byo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara, aho benshi babikoresha bambuka mu bwato, kenshi ukunze gusanga butujuje ibisabwa kugira ngo bukore ingendo ndende zo mu nyanja.
Joseph Kabila Kabange wigeze kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aherutse kugurira i…
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamella, bibarutse imfura y’umukobwa. Uyu…
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Leta ya Qatar kuri uyu mugoroba, ibinyujije ku rubuga rwayo rwa…
Umukuru w'igihugu cy'u Burundi Evariste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda, arushinja kuba ari rwo nyirabayazana…
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazitabira ibiganiro byo gushaka amahoro byagombaga guhuza abayobozi baryo n'aba Leta…
Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC ica agahigo ko gusoza imikino ibanza ya shampiyona…