POLITIKE

M23 yishyiriyeho abayobozi bashya bazafasha kugenzura imari

Ihuriro AFC/M23 yatangaje ko yishyiriyeho abayobozi bayo bashya bazayifasha mu kugenzura imari rusange, imisoro, ishoramari no kugenzura ibijyanye n’inguzanyo.

Advertisements

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa 19 Werurwe 2025.

Itangazo rivuga ko Mugisha Robert yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Imari, akungirizwa n’abandi babiri barimo Kilo Buhunda ushinzwe Umutungo Rusange n’Imisoro.

Mugisha kandi azungirizwa na Fanny Kaj Kayemb wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Imari Wungirije ushinzwe ibijyanye no kugenzura Inguzanyo ndetse n’Ishoramari.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, ndetse n’Umuhuzabikorwa wa AFC (Alliance Fleuve Congo), Corneille Nangaa rigaragaza ko ibyo byemezo bigomba guhita bitangira gukurikizwa.

AFC/M23 ihanganye n’ihuriro ry’ingabo za Congo, yakomeje gushyira abayobozi mu myanya, bashinzwe kuyobora mu bice uyu mutwe uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo wigaruriye.

Ku wa 05 Gashyantare 2025 AFC/M23 yashyizeho abayobozi bashya bazayobora ibice by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru harimo n’Umujyi wa Goma.

Icyo gihe byatangajwe ko Bahati Musanga Joseph yagizwe Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, yungirijwe na Manzi Ngarambe Willy wagizwe Visi-Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe ibijyanye na Politiki, Ubuyobozi, n’Amategeko.

Ni mu gihe Amani Bahati Shaddrak yagizwe Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere.

Nyuma yo gufata Umujyi wa Bukavu ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo na bwo iri huriro ryahise rishyiraho abayobozi b’iyo ntara.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo yagizwe Birato Rwihimba Emmanuel, yungirizwa na Dunia Masumbuko Bwenge wagizwe Guverineri wungirije ushinzwe Politiki, Ubuyobozi n’Amategeko ndetse na Bushinge Gasinzira Juvénal wagizwe Guverineri Wungirije ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere.

Abayobozi bashya bashyizweho n’Umutwe wa M23

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago