MU MAHANGA

Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi yafunze imiryango

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ambasade yayo i Bruxelles mu Bubiligi yafunze imiryango, gusa ko serivisi za dipolomasi zizajya zitangirwa muri Ambasade yarwo iri i La Haye mu Buholandi.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ryo ku wa 20 Werurwe 2025, rivuga ko iseswa ry’umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi nta ngaruka rizagira ku baturage b’Ababiligi baba mu Rwanda n’abashaka kurusura.

Urujya n’uruza n’abakora ingendo z’akazi bizakomeza nk’uko bisanzwe, kandi ngo abaturage b’u Bubiligi bazakomeza kubona viza bageze mu Rwanda kandi nta kiguzi cya viza ku rugendo rw’iminsi itarenze 20.

Iryo tangazo ryaje rikurikira ubutumwa u Rwanda rwageneye u Bubiligi ku wa 17 Werurwe, ryamenyewhaga icyo gihugu ko rwahagaritse ubutwererane n’icyo gihugu kitarwifuriza ineza.

U Bubiligi bwakomeje kwangiza u Rwanda, haba mbere ndetse no mu gihe cy’amakimbirane akomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), aho u Bubiligi bufite uruhare runini mu mateka kandi mu kurwanya u Rwanda.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rigaragaza ko u Bubiligi bwagize uruhare mu makimbirane yo mu Karere kandi bukomeje ubukangurambaga muri gahunda yo kurwanya u Rwanda mu mahuriro atandukanye, hakoreshejwe ibinyoma no gukoresha abantu mu rwego rwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’Akarere.

Hejuru y’ibyo, u Bubiligi bwagize uruhare mu gusenya amateka byagejeje k’ubuhezanguni bushingiye ku moko, ivangura n’itoteza bigeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

U Bubiligi bwagiye bushyigikira imitwe yitwaje intwaro hagamijwe gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no kuyikomeza.

Guverinoma y’u Rwanda yagize iti: “Icyemezo kigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu kurengera inyungu z’igihugu cyacu n’icyubahiro cy’Abanyarwanda, ndetse no kubahiriza amahame y’ubusugire, amahoro, n’ubwubahane.”

Ikomeza igira iti: “Abadipolomate bose b’Ababiligi mu Rwanda basabwa kuva mu gihugu mu masaha 48. Mu rwego rwo kubahiriza Amasezerano y’i Vienne, u Rwanda ruzarinda inzu, imitungo ndetse n’ububiko bw’ubutumwa bwa dipolomasi bw’Ababiligi i Kigali.”

Guverinoma y’u Rwanda itangaje ibi mu gihe Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku munsi w’ejo yabwiye abatuye Umujyi wa Kigali ko ikibazo u Rwanda rwagize ari ugukolonizwa n’u Bubiligi bukarucamo ibice kugira ngo rungane nabwo.

Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi yamaze gufunga

Christian

Recent Posts

AFC/M23 yatangaje ko yabaye itanze agahenge

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryabaye rihagaritse imirwano, ndetse banarekura umujyi wa Walikale n'ibice biwukikije bari…

1 day ago

George Foreman wamamaye mu mukino w’iteramakofi yitabye Imana

Umwe mu bakinnyi bamamaye mu mukino w’iteramakofi bakomeye mu mateka George Foreman, yitabye Imana ku…

1 day ago

Gen. Muhoozi yasoje uruzinduko yagiriye mu Rwanda

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi, yasoje uruzinduko rwe i Kigali, mu rwego rwo…

1 day ago

Gen. Muhoozi yatanze inyigisho kuba Ofisiye batyarizwa mu ishuri rya gisirikare i Musanze

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ingabo za Afurika guhangana n’imbogamizi zibangamira…

1 day ago

M23 yafashe agace ka Mubi nta rusasu ruvuze

M23 wafashe agace k'ubucuruzi ka Mubi yo muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’uko ingabo za…

1 day ago

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare yapfiriye mu Buhinde

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare warurambye mu itangazamakuru, aho yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yitabye Imana.…

1 day ago