MU MAHANGA

Ingabo z’u Rwanda niza Uganda zateraniye i Mbarara

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) bahuriye mu nama ya kane y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’imipaka mu Mujyi wa Mbarara, muri Uganda.

Iy’inama yiga ku mutekano muri rusange yatangiye kuva ku itariki ya 20 kuzageza 22 Werurwe 2025.

Bagamije gusuzuma uko umutekano uhagaze ubu, gukemura ibibazo n’ibyuho bigira ingaruka ku mipaka hagamijwe kubungabunga umutekano ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda.

Abitabiriye iyo nama y’iminsi 3, harimo abayobozi ba diviziyo za RDF boherejwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda bayobowe na Brig Gen Pascal Muhizi, umuyobozi wa Diviziyo ya 5 ya RDF hamwe n’abayobozi ba Diviziyo ya 2 y’Ingabo za UPDF zirwanira ku butaka ziyobowe na Maj Gen Paul Muhanguzi, umuyobozi wa diviziyo.

Iyi nama yitabiriwe kandi n’ushinjwe ibibazo bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, Col Emmanuel Ruzindana.

Muri iyo nama, izo ntumwa zombi zasuzumye intambwe imaze guterwa mu nama zabanjirije iyi mu gukemura ibibazo byambukiranya imipaka bitemewe n’ibindi bishobora guhungabanya umutekano muri iki gihe.

Ingabo z’u Rwanda niza Uganda ziherereye i Mbarara

Christian

Recent Posts

AFC/M23 yatangaje ko yabaye itanze agahenge

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryabaye rihagaritse imirwano, ndetse banarekura umujyi wa Walikale n'ibice biwukikije bari…

1 day ago

George Foreman wamamaye mu mukino w’iteramakofi yitabye Imana

Umwe mu bakinnyi bamamaye mu mukino w’iteramakofi bakomeye mu mateka George Foreman, yitabye Imana ku…

1 day ago

Gen. Muhoozi yasoje uruzinduko yagiriye mu Rwanda

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi, yasoje uruzinduko rwe i Kigali, mu rwego rwo…

1 day ago

Gen. Muhoozi yatanze inyigisho kuba Ofisiye batyarizwa mu ishuri rya gisirikare i Musanze

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ingabo za Afurika guhangana n’imbogamizi zibangamira…

1 day ago

M23 yafashe agace ka Mubi nta rusasu ruvuze

M23 wafashe agace k'ubucuruzi ka Mubi yo muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’uko ingabo za…

1 day ago

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare yapfiriye mu Buhinde

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare warurambye mu itangazamakuru, aho yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yitabye Imana.…

1 day ago