POLITIKE

M23 iherutse kwanga kujya muri Angola igiye kwerekeza i Doha

Intumwa z’Ihuriro rya AFC/M23 zigiye kujya muri Qatar nyuma y’ubutumire bw’iki gihugu, mu biganiro byo gushakira umuti w’ikibazo cy’intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Igihugu cya Qatar gikomeje gushyira imbaraga mu gukemura ikibazo cy’intambara ikaba ikomeje kumva impande zombi zihanganye.

AFC/M23 yatumiwe na Qatar nyuma y’aho ubuyobozi bw’iki gihugu buganiriye na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu biganiro bigamije guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Sheikh Tamim bashimangiye ubushake bw’impande zirebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa RDC wafashwe n’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika.

Abakuru b’ibihugu kandi bemeranyije “Gukomeza ibiganiro byatangijwe na Doha, bigamije gushyiraho umusingi ufatika ugamije gushaka amahoro arambye, bijyanye n’ibiganiro bya Luanda na Nairobi byahujwe muri iki gihe.”

Mu kiganiro n’ibiro ntaramakuru Reuters, kuri uyu wa 20 Werurwe Nangaa yagaragaje ko ubutegetsi bwa RDC budashaka kumva ibyifuzo bya AFC/M23, ati “Ntacyo tugifite cyo guhomba. Tuzarwana kugeza ubwo impamvu yacu izumvikana.”

Christian

Recent Posts

AFC/M23 yatangaje ko yabaye itanze agahenge

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryabaye rihagaritse imirwano, ndetse banarekura umujyi wa Walikale n'ibice biwukikije bari…

1 day ago

George Foreman wamamaye mu mukino w’iteramakofi yitabye Imana

Umwe mu bakinnyi bamamaye mu mukino w’iteramakofi bakomeye mu mateka George Foreman, yitabye Imana ku…

1 day ago

Gen. Muhoozi yasoje uruzinduko yagiriye mu Rwanda

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi, yasoje uruzinduko rwe i Kigali, mu rwego rwo…

1 day ago

Gen. Muhoozi yatanze inyigisho kuba Ofisiye batyarizwa mu ishuri rya gisirikare i Musanze

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ingabo za Afurika guhangana n’imbogamizi zibangamira…

1 day ago

M23 yafashe agace ka Mubi nta rusasu ruvuze

M23 wafashe agace k'ubucuruzi ka Mubi yo muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’uko ingabo za…

1 day ago

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare yapfiriye mu Buhinde

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare warurambye mu itangazamakuru, aho yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yitabye Imana.…

1 day ago