Categories: RWANDAUMUTEKANO

Gen. Muhoozi yatanze inyigisho kuba Ofisiye batyarizwa mu ishuri rya gisirikare i Musanze

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ingabo za Afurika guhangana n’imbogamizi zibangamira ubufatanye bwa gisirikare, abugaragaza nk’ingenzi cyane mu kubungabunga umutekano w’akarere no guteza imbere ubumwe bw’Umugabane wa Afurika.

Advertisements

Muhoozi yabivuze ku wa Gatanu ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama riherereye mu karere ka Musanze, aho yatanze inyigisho kuri ba Ofisiye baryigamo.

Uyu Jenerali uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva ku wa Kane w’iki cyumweru, yagarutse ku mbogamizi zirimo amakimbirane y’akarere n’amikoro make; azigaragaza nk’izikibangamiye ubufatanye bwa gisirikare.

Gen. Muhoozi yabwiye ba Ofisiye ko bakwiye kugira intekerezo nini zinarenze urwego rw’ibihugu byabo, ndetse bagashyira imbere inzego zirimo nk’ubufatanye bw’akarere, w’abantu, no guteza imbere imikoranire mpuzamahanga ariko bibanda ku bufatanye gakondo bwa Afurika.

Uyu musirikare yagaragaje ko akamaro k’ubufatanye no gukorera hamwe mu buryo bwuzuzanya, ashimangira ko bifasha kugabanya amakimbirane no kuzamura iterambere ry’ubukungu binyuze mu kugabanya amafaranga akoreshwa mu gisirikare.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda by’umwihariko yashimye imikoranire y’ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda, avuga ko gukorera hamwe bitanga umusaruro mwiza kuko buri gihugu gitanga imbaraga n’ubushobozi bwihariye.

Yashimye by’umwihariko ko kuba mu Ishuri rya Nyakinama hari ba Ofisiye baje kuhiga baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, byerekana ko hari amahirwe ahari y’uko Abanyafurika ari bo bakwiye gukemura ibibazo byabo.

Gen. Muhoozi yasabye bariya basirikare biganjemo ba Ofisiye ba RDF guhindura imyumvire, bakirinda ihangana nk’iy’ibihugu bya Afurika bihora byumva ko bigomba gutsindana, ahubwo bagaharanira ubufatanye no guteza imbere ubumwe bw’ibihugu.

Uyu Jenerali yashimye ba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni, ashimangira ko imiyoborere yabo ari yo yagize uruhare mu mubano mwiza uri hagati ya UPDF na RDF.

Gen. Muhoozi i Nyakinama yari aherekejwe na mugenzi we wo mu ngabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga.

Gen. Muhoozi amaze iminsi mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago