MU MAHANGA

Angola yemeje ko yikuye mu kuba umuhuza w’ibibazo bya DRC n’u Rwanda

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, Leta ya Angola yatangaje ko yaretse inshingano yari imaze igihe ifite zo kuba umuhuza mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Advertisements

Ni amakuru yemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Facebook.

Perezida João Lourenço wa Angola yari amaze igihe yarahawe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe inshingano zo kuba umuhuza mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo byatumye umwuka uba mubi hagati y’iki gihugu n’u Rwanda, kubera ibirego Kinshasa irushinja byo kuba rushyigikiye umutwe wa M23.

Angola ivuga ko ibiganiro byagiye bihuza ibihugu byombi byatumye mu Ukuboza 2024 haterwa intambwe ikomeye yo ku rwego rwa ba Minisitiri, ku buryo “RDC yemeye gusenya FDLR ndetse u Rwanda rwemera kuvana ingabo zarwo ku butaka bwa Congo no ku mupaka w’ibihugu byombi.”

Luanda icyakora ivuga ko ubu busabe butashoboye kujya mu bikorwa, kuko inama ya ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC yo ku wa 15 Ukuboza 2024 bwagombaga kwemerezwamo byarangiye u Rwanda rutayitabiriye.

Angola kandi ivuga ko mu gihe yari umuhuza yakunze kugaragaza ko hakenewe ibiganiro hagati ya Leta ya Congo na M23, ndetse ivuga ko ku wa 18 Werurwe impande zombi zagombaga guhura, ariko birangira gahunda ipfuye ku munota wa nyuma kubera impamvu zitandukanye, zirimo “ibice bimwe byo hanze bidafite aho bihuriye n’inzira ikomeje ya Afurika.”

Angola ivuga ko nyuma yo guhabwa inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe isanga igihe kigeze ngo yiyambure inshingano zo gukomeza kuba umuhuza muri ariya makimbirane.

Iti: “Nyuma y’amezi hafi abiri duhawe inshingano zo kuyobora Afurika yunze Ubumwe, Angola yemera ko ari ngombwa kwigobotora inshingano zo kuba umuhuza muri aya makimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC, mu rwego rwo kurushaho kwibanda ku bikorwa rusange byashyizweho n’umuryango w’umugabane.”

Mu byo Lourenço avuga ko akeneye kwibandaho ku bw’inyungu z’umugabane wa Afurika, harimo ibijyanye n’amahoro n’umutekano, ibikorwa remezo, urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ku mugabane wa Afurika, kurwanya indwara n’ibyorezo, guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ubutabera ku Banyafurika ndetse n’abaturage bakomoka muri Afurika binyuze mu kubaha indishyi.

Angola ivuga kandi ko ifatanyije na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, mu minsi iri imbere bazafata ingamba zikwiye, zirimo kugena igihugu gifite Perezida ushyigikiwe n’imiryango ya EAC na SADC kigomba kuramutswa inshingano zo gukomeza kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na RDC.

Angola yahagaritse guhuza u Rwanda na RDC, nyuma y’iminsi mike Qatar itangiye izi nshingano. Ni nyuma y’uko mu cyumweru gishize ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi bahuriye mu biganiro byabereye i Doha.

Angola biciye muri Minisitiri wayo w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Tete Antonio, yatangaje ko yatunguwe no kubona Kagame na Tshisekedi bahurira i Doha ku munsi Leta ya RDC na M23 bakabaye barahuriyeho i Luanda, ashimangira ko ibibazo bya Afurika byakabaye bikemurwa n’Abanyafurika.

Angola yikuye mu gukemura ibibazo bya DRC n’u Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago