IMYIDAGADURO

Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo The Ben azakorera Uganda

Yoweri Kaguta Museveni, Umukuru w’igihugu cya Uganda yateye inkunga igitaramo cy’umuhanzi The Ben kizabera i Kampala ku itariki 17 Gicurasi 2025 muri Kampala Serena Hotel.

Advertisements

Perezida Museveni azaba umushyitsi mukuru muri iki gitaramo nk’uko byatangajwe na Fred umwe mu bagitegura. 

Yashimiye Perezida wa Uganda ku bufasha yatanze agaragaza ko ari ikimenyetso cy’ukuntu ashyigikira iterambere ry’ubuhanzi n’umuco.

Iki gitaramo ni kimwe mu bikubiye mu rugendo rwe ‘Plenty Love World Tour’, rugamije kumenyekanisha album nshya ya The Ben yitwa ‘Plenty Love’, iriho indirimbo 12.

The Ben wavukiye muri Uganda yavuze ko iki gihugu kimufiteho amateka akomeye dore ko yahahungiye akiri muto mbere yo kwerekeza muri Amerika. Yagiye ataramira muri Uganda kenshi kandi abakunzi be baho bakomeje kumwereka urukundo rudasanzwe.

Iki gitaramo ni kimwe mu byitezweho gukurura imbaga muri Uganda aho The Ben azaba akomeje urugendo rwe rwa muzika nyuma yo gukorera ibitaramo mu Bubiligi, mu Budage, no mu bindi bihugu.

Perezida Museveni ategerejwe mu gitaramo cya The Ben

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago