RWANDA

Urukiko rwategetse ko Bigirimana Noella wabaye umuyobozi mukuru wungirije wa RBC afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Bigirimana Noella wahoze ari umuyobozi mukuru wungirije wa RBC afungwa iminsi 30 y’agateganyo kuri uyu wa 28 Werurwe 2025.

Advertisements

Kuwa 25 werurwe 2025 nibwo ubushinjacyaha bwasabiye Bigirimana Noella gufungwa iminsi 30 y’agateganyo buvuga ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha cyo gutanga isoko rya leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Noella afunga byagateganyo mu gihe hagishakishwa ibimenyetso by’icyaha akurikiranweho.

Rwategetse kandi ko umubyeyi we Mukarivuze Venantie na Dusabe Therese hari impamvu zikomeye zituma bakwekwaho ibyaha ariko bazakurikiranwa badafunzwe, bategekwa kujya bitaba ubushinjacyaha buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi mu gihe cy’amezi ane.

Mu iperereza byagaragaye ko Bigirimana yagize uruhare mu gutanga isoko ryahawe umubyeyi we, Mukarivuze, binyuze mu kigo Bio Pharmacia. Yahawe isoko ku wa 5 Ukwakira 2023, aho rimaze kwishyurwa agera kuri miliyoni 127 Frw. Ni isoko ryo gusana ibikoresho mu bitaro bitandukanye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago