MU MAHANGA

U Bushinwa bwihimuye ku cyemezo giheruka gufatwa na Trump

U Bushinwa bwihimuye ku cyemezo giheruka gushyirwaho na Trump butangaza inyongera y’umusoro ungana na 34% ku bicuruzwa bizajya bibwinjiramo biturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Advertisements

Ni icyemezo Beijing yafashe nyuma y’uko ku wa Gatatu w’iki cyumweru Perezida Donald Trump na we yari yashyizeho inyongera y’umusoro ungana na 34% ku bicuruzwa byo mu Bushinwa wiyongera k’uwa 20% wari usanzweho, ibyatumye ugera kuri 54%.

Ku wa Gatanu ni bwo Minisiteri y’Imari mu Bushinwa yatangaje ko iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kongera uriya musoro uzatangira gukurikizwa guhera ku wa 10 Mata.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko yafashe kiriya cyemezo, mu rwego rwo “kubungabunga umutekano w’igihugu n’inyungu zacyo, ndetse no kuzuza inshingano mpuzamahanga zirimo kudapfa kuzamura ikiguzi.”

U Bushinwa bwari busanzwe busoresha ibicuruzwa bituruka muri Amerika 67%, ibisobanuye ko umusoro wahise ugera ku 101%.

Perezida Donald Trump ku wa Gatanu abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yannyeze u Bushinwa ko byabuyobeye ndetse bukaba bwataye umutwe.

Usibye kongera umusoro ku bicuruzwa bya Amerika, Beijing inavuga ko yamaze kwandikira Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi (WTO) wamagana icyemezo Perezida Donald Trump aheruka gufata.

Igihugu cy’u Bushinwa kiyobowe na Xin Ping cyihimuye kuri Trump

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago