MU MAHANGA

Diamond Platnumz yaguze imodoka ya Bugatti iri mu zihenze ku Isi

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack wamamaye nka Diamond Platnumz yemeje ko yitegura kwakira imodoka iri mu zihenze ya Bugatti.

Advertisements

Uyu muhanzi umaze kubaka izina muri Afurika no ku Isi muri rusange yabitangaje abinyujije kuri story y’urubuga rwe rwa Instagram.

Diamond Platnumz yagaragaje ko arambiwe n’imodoka ye asanzwe afite ya Rolls Royce nayo itungwa n’uwifite avuga ko yiteguye kwakira imodoka ya Bugatti mu gihe cya vuba.

Mu magambo ye yashyizeho aherekejwe n’amashusho y’iyo modoka asanganwe yagize ati “Ndarambiwe n’iyi Rolls, si njye utahiwe no kwakira imodoka yanjye ya Bugatti kubona igeze murugo.”

Diamond Platnumz w’imyaka 35 azwiho kugira ibintu bihenze, birimo amazu, ama modoka, television na Radio bya Wasafi.

Icyakora cyo n’ubwo uyu muhanzi yavuze ko yiteguye kwakira imodoka ye yo mu bwoko bwa Bugatti ntiyatangaje agaciro yamutwaye kugira ngo ayigure.

Imodoka ya Bugatti ni imwe mu zihenze ku Isi zitungwa n’abajejeta faranga, dore ko ikorwa n’uruganda rwahoze ari arw’ubudage gusa ruza kugurwa n’Ubufaransa ikaba iri mu modoka zigira umuvuduko wo ku rwego rwo hejuru.

Kugira ngo wumve uburemere bw’iyi modoka ko ihenze, imodoka ya nyuma iheruka gukorwa igura arenga miliyoni 3 z’Amadorali, ni ukuvuga arenga miliyari enye y’amafaranga y’u Rwanda.

Bugatti imodoka ihenze ku Isi bivugwa ko yagizwe na Diamond Platnumz

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago