Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yatangaje ko Perezida w’icyo gihugu, Vladimir Putin, yiteguye kwinjira mu biganiro bishobora gushyiraho ibihe by’ahahenge mu ntambara iri kubahuza na Ukraine, gusa ibyo bikazashoboka ari uko hatanzwe ibihamya byemeza ko Ukraine izubahiriza ibizaba bikubiye muri ayo masezerano.
Ibi bije nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje amagambo yafashwe nko kutishimira imyitwarire y’u Burusiya, aho aheruka kuvuga ko “bagomba guhagarika kurasa ibisasu muri Ukraine. Sinkunda biriya bitero, ibisasu bikomeza kuza buri cyumweru kandi urubyiruko rwinshi ruri gupfa.”
Peskov yavuze ko Putin yiteguye ibiganiro, ati “ashyigikiye igitekerezo cyo gushyiraho agahenge, ariko agomba kwizezwa ko ibyaganiriweho bizubahirizwa.”
Uyu mugabo yavuze ko hari ibisubizo byinshi bikenewe birimo kubanza kumenya uburyo Ukraine izitwara, akavuga ko ubutegetsi bwayo muri iyi minsi butagenzurwa, kandi nabwo budafite ubushobozi bwo kugenzura bimwe mu bice by’abasirikare bayo.
Ikijyanye n’ibi biganiro byemeranyijweho mu kiganiro kuri telefoni cyahuje Trump na Putin, ndetse ubu Amerika iri kuganira n’u Burusiya ndetse na Ukraine buri gihugu ukwacyo, aho biteganyijwe ko ibi biganiro bizakurikirwa n’ibiganiro bihuriweho.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…