INKURU ZIDASANZWE

Impanuka ya Kajugujugu yahanutse mu ruzi rwa Hudson yahitanye batandatu barimo n’abana

Abantu batatu bakuze n’abana batatu bapfuye ubwo kajugujugu yagwaga mu ruzi ruri hagati ya Manhattan na New Jersey. Umuyobozi w’akarere Eric Adams yemeje ko uyu muryango wishwe wari uw’aba mukerarugendo bo muri Espagne.

Advertisements

Amakuru y’incamugongo yamenyekanye kuri uyu wa Kane, tariki 10 Mata 2025, ubwo abayobozi b’Umujyi wa New York bemezaga ko abantu batandatu bapfuye nyuma ya kajugujugu yaguye mu Ruzi rwa Hudson.

Umuyobozi w’akarere ka New York, Eric Adams, yagize ati: “Abahohotewe bose uko ari batandatu bavanywe mu mazi. Ikibabaje ni uko aba bantu bose uko ari batandatu bavuyemo bapfuye.”

Adams yabwiye abanyamakuru ko abahohotewe barimo umuderevu wa kajugujugu n’umuryango wa ba mukerarugendo baturutse muri Espagne.

Andi makuru ajyanye n’aba bantu baburiye ubuzima muri iy’impanuka ntabwo yashyizwe hanze.

Amakuru avuga ko iyo ndege yo mu bwoko bwa Kajugujugu yahagurutse Saa Kumi n’ebyiri n’iminota 59 z’umugoroba ku isaha yaho, gusa nyuma y’iminota 20 igeze hejuru y’urwo ruzi yahise ikora impanuka itasize n’umwe.

Abayobozi n’abatangabuhamya bavuze ko umuhoro w’indege n’umurizo wayo byavuyeho hagati mu kirere mbere yo kwikubita mu mazi yubitse.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago