IMIKINO

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yakebuye abakigaragaraho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko u Rwanda rufite ibimenyetso by’uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kandi igashyirwa mu bikorwa, bityo atari igikorwa cyo kugibwaho impaka, dore ko hari abayipfopfa bashaka kugoreka amateka.

Advertisements

Ibi ni bimwe mu biri mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025, mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mukazayire yatangiye avuga ko nta n’umwe uzoroherwa no guhakana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko ibimenyetso biyigaragaza bihari.

Ati “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaratekerejwe, irigishwa, ishyirwa mu bikorwa. Kuri mwe mwese mushaka kugoreka amateka, ibimenyetso birahari, abarokotse barahari ndetse n’abayikoze barahari. Nkuko Perezida Kagame yigeze kubivuga ‘Gihamya ntizizabura’.”

“Abanyarwanda twese, abarokotse Jenoside, abavuye mu buhunzi, abari mu gihugu batari mu bahigwagwa batagize uruhare muri Jenoside ndetse n’abafite imiryango yagize uruhare muri Jenoside, twarokowe n’Inkotanyi zirangajwe imbere n’intwari yacu Paul Kagame. Ibyo ni Ihame!”

Minisitiri Mukazayire akomeza avuga ko aho u Rwanda rwakuwe n’Inkotanyi ari kure, bityo buri wese arufitiye umwenda wo kurwitura.

Ati “Uru Rwanda rwavuye kure, turukesha intwari zitatinye no guhara ubuzima bwazo kugeza n’uyu munsi ngo tubeho, tugire izina, tugire inkomoko. Uruhare rwanjye nawe ni ukuberaho u Rwanda. Abo turi bo, ibyo dukora, ibyo dutunze byose ni uko dufite u Rwanda. Rutariho ntiruriho!”

“Rubyiruko tuzirikane ko ntacyo u Rwanda rutugomba, ahubwo turugomba byinshi Tuzirikane ko nubwo twize, dusobanukiwe, twahawe amahirwe yo kubaza no kubazwa ibijyanye n’igihugu cyacu. Hari umurongo ntarengwa! Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo igibwaho impaka! Twibuke twiyubaka.”

Ubu butumwa kandi busoza bushishikariza buri wese kuba hafi ya mugenzi we, ariko nanone uwabishobora agakora siporo “kuko buriya ifasha kuruhura umubiri, umutima ndetse n’ubwonko. Buriya yabaye n’inkingi yafashije Abanyarwanda kongera kubaho no guhura nyuma ya Jenoside yakorwe Abatutsi.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago