INKURU ZIDASANZWE

Umunyapolitiki Kizza Besigye yasabiwe gukomeza gufungwa

Umunyapolitiki Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yasabiwe n’urukiko Rukuru rw’icyo gihugu ko afungurwa by’agateganyo.

Advertisements

Besigye yatawe muri yombi mu Ugushyingo 2024 ubwo yari i Nairobi. Icyo gihe yari yagiye mu muhango wo kumurika igitabo cy’umunyapoliti Martha Karua.

Uyu munyapolitiki yagaragaje ko gufungwa kwe gushingiye kuri politiki, kandi ko ubuzima bwe butameze neza ku buryo yakomeza kuba muri gereza. Yemeye gutanga ingwate kugira ngo arekurwe by’agateganyo.

Perezida w’iburanisha muri uru rukiko, Rosette Comfort Kania, kuri uyu wa 11 Mata 2025 yemeje ko impamvu Besigye yatanze asaba gufungurwa by’agateganyo zifite ishingiro ariko ko uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho butatuma afungurwa.

Besigye akurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira igihugu. Ni ibyaha bihuzwa n’umugambi wo gukura Perezida Yoweri Museveni ku butegetsi.

Umucamanza Kania yasobanuye ko Besigye akekwaho gukorera ibi byaha muri Uganda ndetse no mu bindi bihugu birimo Kenya, u Busuwisi n’u Bugereki, bityo ko kubikoraho iperereza bisaba igihe kinini.

Yagize ati “Ibyaha bikekwa ko byakorewe ahantu hatandukanye muri Uganda no mu bindi bihugu bisaba igihe kinini n’ubushobozi mu kurangiza iperereza ryabyo birenze uko byagenda ku byakorewe gusa muri Uganda.”

Kania yasobanuye ko iperereza rikomeje mu nyungu z’ubutabera, agaragaza ko Besigye abaye arekuwe, ashobora kuribangamira bityo ko azakomeza gufungwa.

Besigye yafatiwe hamwe n’umujyanama we, Hajj Obeid Lutale. Na we azakomeza gufungwa nyuma y’aho urukiko rwanze ko afungurwa by’agateganyo.

Kizza Besigye akomeje gufungwa by’agateganyo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago