MU MAHANGA

Minisitiri Thérèse Kayikwamba yavuze ko intambara yo muri RDC igomba guhagarara, FDLR igasubira mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 16 Mata 2025, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba yavuze ko FDLR idafite umugambi wo kuguma mu Burasirazuba bw’iki gihugu ko bakwiriye gusubira mu Rwanda.

Advertisements

Ibi Thérèse Kayikwamba yabigarutseho ubwo yageza ijambo ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ku Isi irimo kwiga ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC.

Thérèse yagize ati “Ni muri urwo rwego twemeza ko FDLR idafite umugambi wo kuguma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Bagomba gusubira mu Rwanda. Kuba bahari bitanga urwitwazo rworoshye rwo gutabara bidafite ishingiro. Kandi u Rwanda rugomba kumenya ko iki kintu ari kimwe mu bigize umurage warwo.”

“Igihe kirageze ngo duhagarike ibi, guhagarika kubungabunga FDLR nk’uko byatangajwe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.”

Minisitiri Kayikwamba yatangaje ibi mu gihe abayobozi ba Congo bakunze kwemeza ko FDLR itakibaho ahubwo ari urwitwazo u Rwanda rukoresha mu gutera Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Minisitiri Thérèse Kayikwamba Wagner yasabye ko inyeshyamba za FDLR zitahuka

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago