INKURU ZIDASANZWE

Ingabo z’u Burundi zaguye mu kiyaga cya Tanganyika

Mu mpera z’icyumweru gishize, abasirikare bagera kuri 12 bo mu ngabo z’u Burundi, barohamye mu kiyaga cya Tanganyika nyuma yo gukora impanuka y’ubwato.

Advertisements

Ku wa Gatanu tariki ya 18 Mata ni bwo ubwato buto (Vedette Rapide) bw’Igisirikare cy’u Burundi kirwanira mu mazi bariya basirikare barimo bwakoze impanuka.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi avuga ko mu basirikare bari baburimo, harimo icyenda bakomerekeye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho u Burundi busanzwe bufite ingabo.

Ubwato barimo bwarohamye ubwo bwari bugeze hafi y’ikirwa cyitwa Ubwali giherereye mu kiyaga cya Tanganyika; ahasanzwe haba imwe muri bataillon y’Ingabo z’u Burundi.

Ni impanuka amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi yemeza ko yatewe n’umuhengeri ukomeye wari mu kiyaga cya Tanganyika.

Kugeza ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize imirambo y’abasirikare bari bari muri buriya bwato nta n’umwe wari wakabonetse, n’ubwo ingabo z’u Burundi zirwanira mu mazi zari ziriwe ziyishakisha.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago