Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Mata 2025, nibwo hatangajwe inkuru y’incamugongo ko Papa Francis yitabye Imana ku myaka 88.
Ni inkuru yatangajwe na Cardinal Kevin Farrell w’i Vatican, ko Papa Francis ukomoka muri Argentina wari umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yitabye Imana muri iki gitondo iwe i Casa Santa Marta muri Vatican nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze.
Bagize bati “Nshuti bavandimwe, turabamenyesha ko nyiri icyubahiro, umushumba wa Kiliziya Gatolika Francisco yitabye Imana ku isaha ya Saa Moya n’iminota 35 za mu gitondo. Aho umubiri we wahise usubizwa mu rugo i Roma.”
“Yatwigishije kubaho mu ndangagaciro z’Ubutumwa Bwiza n’ubudahemuka, ubutwari n’urukundo rusange, cyane cyane dushyigikira abakene n’abahejwe cyane.
Turashimira byimazeyo urugero rwe nk’umwigishwa nyawe w’Umwami Yesu, turashimira roho ya Papa Fransisiko ku bw’urukundo rutagira akagero rw’Imana imwe. “
Nyakwigendera wari Umwepiskopi w’i Roma akaba n’umuyobozi wa Kiliziya Gatolika ku Isi, yabaye Papa mu mwaka 2013 nyuma yuko uwamubanjirije Benedigito wa XVI yari yeguye.
Kugeza ku rupfu rwe. Papa yari yarwanye n’indwara y’umusonga no guhumeka nabi. Nyuma y’iminsi 38 mu bitaro yaramazemo, yaherukaga kuva mu bitaro ku ya 23 Werurwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…