POLITIKE

U Rwanda rwafunguye ku mugaragaro Ambasade yarwo muri Pakistan

Leta y’u Rwanda yatashye ku mugaragaro Ambasade yarwo muri Pakistan iherereye mu Mujyi wa Islamabad, mu gushimangira umubano uhuriweho n’ibihugu byombi.

Advertisements

Ni umuhango wabaye ku wa Kabiri tariki ya 22 Mata 2025, witabirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, abayobozi bakuru muri Guverinoma, abadipolomate, abanyamakuru n’abahagarariye abikorera mu Mujyi wa Islamabad.

Umubano w’u Rwanda na Pakistan mu bya dipolomasi watangiye guhera mu kwezi kwa Nyakanga 1962, kuva icyo gihe kugeza uyu munsi ibihugu byombi bikaba bifatanya mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari, ibya gisirikare ndetse n’urwego rw’ubuzima.

Muri Gashyantare 2021, Pakistan yafunguye Ambasade yayo i Kigali, mu gihe mbere y’aho inyungu z’icyo gihugu zarebererwaga n’Ambasade yacyo y’i Nairobi muri Kenya.

U Rwanda ruhagarariwe muri Pakistan na Ambasaderi Fatou Harerimana ureberera inyungu zarwo kuva muri Nyakanga 2024.

Iyi ambasade yafunguwe mu 2024, ni iya 49 u Rwanda rufite ku migabane itanu itandukanye.

Amb. Olivier Nduhungirehe yatashye ku mugaragaro Ambasade y’u Rwanda muri Pakistan

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago