IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda y’Abagore yisanze mu itsinda D rya Afrobasket 2025

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball y’abagore yisanze mu itsinda D hamwe na Nigeria mu Gikombe cya Afurika (Afrobasket 2025) kizabera muri Côte d’Ivoire kuva tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 3 Kamana 2025.

Advertisements

Ni tombola yashyizwe hanze y’uko amakipe azahura muri iki Gikombe cya Afurika cy’Abagore, yabereye i Abidjan muri Côte d’Ivoire ku wa Gatatu, tariki 23 Mata.

Tombola yari igizwe n’amakipe 12 arimo u Rwanda, Nigeria iheruka kwegukana iki gikombe, Senegal yagarukiye ku mukino wa nyuma, Cameroun, Mali, Côte d’Ivoire, Mozambique, Misiri, Angola, Uganda, Guinée na Sudani y’Epfo.

Amakipe yari mu dukangara dutatu, yashyizwemo hakurikijwe uko yitwaye mu irushanwa riheruka.

Itsinda rya mbere ryisanzemo Côte d’Ivoire izakira, Angola na Misiri. Itsinda rya kabiri ririmo Cameroun, Mali na Sudani y’Epfo.

Itsinda rya gatatu ririmo Senegal, Uganda na Guinée mu gihe itsinda rya kane harimo Nigeria, U Rwanda na Mozambique.

Amakipe ane ya mbere azajya muri ¼ mu gihe aya kabiri n’aya gatatu azahura arwanira imyanya ine isigaye muri iki cyiciro kizajyamo amakipe umunani.

Mu 2023, u Rwanda rwasoreje ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Mali 89-51 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.

Nigeria niyo iheruka igikombe cya Afrobasket

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago