Inkunga y’umugore wa Ndayishimiye Umukuru w’igihugu cy’u Burundi Angeline Ndayishimiye yateje imyigaragambyo mu mpunzi z’Abanye-Congo.
Impunzi z’Abanye-Congo ziri mu nkambi y’i Musenyi mu Ntara ya Rutana iherereye mu majyapfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi, zakoze imyigaragambyo yo kwamagana abakomeje kunyereza inkunga y’ibiribwa bahawe n’umugore wa Perezida Evariste Ndayishimiye, Angeline Ndayubaha.
Mu cyumweru gishize ni bwo izi mpunzi zigabye mu mihanda igana kuri iyi nkambi ndetse zishyiraho na bariyeri. Ni nyuma yo kuvuga ko zabonye amakamyo abiri atwara imifuka y’akawunga n’isukari n’ibindi biribwa, zari zigenewe.
Izi mpunzi zavuze ko iyi nkunga yanyerejwe ari iyo zahawe ubwo Angeline Ndayubaha na mugenzi we wa RDC, Denise Tshisekedi bazisuraga.
Argot uri muri izi mpunzi yavuze ko “tubaho mu bukene. Ndetse igihe inkunga ishyize ikaza, tuyibona itwawe n’amakamyo tutazi impamvu. Birababaje.”
Iyi myigaragambyo yahoshejwe n’inzego z’umutekano, ndetse ubuyobozi bw’ibanze butegeka ko nta kamyo izongera gusohoka muri iyi nkambi ihetse ibiribwa hatagaragajwe uwatanze ubwo burenganzira.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…