POLITIKE

Ibibangamiye umuturage ntawe biratubangamira-Perezida wa Green Party Dr. Frank Habineza

Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR) Dr. Habineza Frank yongeye gushimangira ko burya ikintu cyose kibangamiye umuturage kibabangamira nabo ubwabo.

Advertisements

Ibi yabigarutseho mu nama ya Bureau Politiki y’iri shyaka yateraniye mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, yitabirwa n’abarwanashyaka bahagarariye abandi baturutse mu gihugu hose.

Muri iyi nama yateranye kuwa 10 Gicurasi 2025, yasize yemerejwemo abakomiseri bashya b’ishyaka batowe, yanakurikiye guhabwa amahugurwa yibanze ku miyoborere n’amatora.

Ni amahugurwa ategurwa n’iri shyaka kugira abarihagarariye mu nzego zitandukanye banoze neza imiyoborere no gutuma ishyaka rigira imbaraga nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rya DGPR Dr. Habineza Frank.

Aho yagize ati: “Nta shyaka rikomeye ritagira inzego zikora neza. Ibyemezo bifatirwa mu mucyo, tugomba kwubaka ishyaka ritanga ibisubizo ku bibazo by’igihugu.”

Dr. Frank Habineza, mu kiganiro kigufi yahaye itangazamakuru yavuze ko kugira ngo umuturage yiyumve nk’umunyagihugu akwiriye kutabangamirwa mu bintu bitandukanye.

Ati “Burya bwose iyo umuturage abangamiwe ntashobora kugira amahoro mubyo aba arimo, ntashobora gutera imbere mubyo akora. Ibyo rero natwe ubwacu biratubangamira.”

Dr. Habineza Frank yanakomoje ku misoro ikomeje kuzamurwa umunsi ku munsi mu gihugu irimo n’iyo mu bukwe iheruka kuvugisha benshi, aha yavuze ko biri mu bituma umuturage adatera imbere uko bikwiriye.

Ati “Politike ya Green Party ntabwo dushyigikiye izamurwa ry’imisoro myinshi, kuko twemera ko imisoro myinshi ibuza umuturage gutera imbere cyangwa bigatera bamwe guhunga umusoro kujya muri za magendu yewe no kwiba umusoro, rero ntitwavuga gusa iy’ubukwe gusa iyo umuturage atayishimiye natwe ntibiba bidushimishije”.

Aha Dr. Habineza Frank yaboneyeho gusaba abatorewe imyanya itandukanye muri Bureau Politiki gukorana ubunyangamugayo no gushyira imbere gahunda z’ishyaka hagamijwe imibereho myiza y’abaturage n’iterambere rirambye ry’igihugu ritabangamira umuturage batirengagije kandi kurengera ibidukikije.

Mu nama ya Bureau Politiki y’ishyaka DGPR yasize itorewemo abakomiseri bashya
Abarwanashyaka bari bitabiriye ku bwinshi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago