IYOBOKAMANA

U Rwanda rwijeje Papa Leo XIV uheruka gutorwa ubufatanye bugamije amahoro

U Rwanda rwifatanyije n’Abakirisitu ba Kiliziya Gatolika muri Misa yo gushimira Imana yabahaye, Umushumba mushya wa Kiliziya Papa Leo XIV, imwifuriza ihirwe mu mirimo mishya ndetse imwizeza ubufatanye mu gushyira mu bikorwa ubutumwa bw’amahoro yasabye Isi.

Advertisements

Ibyo byagarutsweho kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Gicurasi 2025, ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yifatanyaga n’abakirisitu muri iyo Misa yabereye muri Paruwase ya Regina Pacis i Kigali.

Minisitiri Dr. Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yakiranye ibyishimo itorwa rya Papa Leo XIV, kandi ko u Rwanda rwishimira intambwe nziza imaze kugerwaho mu kunoza umubano warwo na Kiliziya Gatolika.

Yagarutse ku butumwa bwa mbere Papa Leo XIV yatanze akimara gutorwa bwo kwimakaza amahoro, avuga ko akwiye kwimakazwa kandi akaba umurage kuko ari yo atuma itembere riramba.

Yagize ati: ”Ni ikimeneyetso cyiza cy’ibyo atwifuriza twese. Natwe dukwiye guharanira ayo mahoro. Mureke amahoro aganze mu miryango yacu aho turi hose duharanire kubana mu mahoro ibi bizatuma tubana neza kandi binadufashe iterambere ryacu rigere kure. Nta terambere rishoboka mu gihe abaturage badatekanye.”

Minisitiri Dr. Ngirente yagaragaje ko ubwo butumwa bushyigikiwe ndetse aha abakorisitu umukoro wo kuzimufashamo.

Yagaragaje ko u Rwanda rwari rusanzwe rufitanye umubano mwiza na Kiliziya Gatolika ushingiye ku mibirereho myiza, ubukungu n’iterambere ry’abaturage kandi bikwiye ko ukomeza.

Yongeye kwitsa ku bufatanye bwiza bwaranze u Rwanda na nyakwigendera Papa Francis, aboneraho gusaba Papa Leo XIV gutera ikirenge mu cye.

Yagize ati: “Turizera ko Papa Leo azakomereza aho Papa Francis yari agejeje kandi natwe tumwijeje gukomeza gukorana neza na Kiliziya Gatolika nkuko bisanzwe.”

Leta y’ u Rwanda yagaragaje ko itewe ishema no kuba bwa mbere mu mateka y’u Rwanda itorwa rya Papa ryitabiriwe n’Umunyarwanda, ishimira Nyiricyubahiro Antoine Karidinali Kambanda kubw’icyo gikorwa.

Papa Leo XIV mu butumwa yatanze mu ijambo rya mbere agitorwa ku wa 08 Gicurasi 2025, nubwo yatanze mu Misa ya mbere yosomeye abakirisitu kuri iki Cyumweru, yasabye Isi guhagarika intambara ikimakaza amahoro.

Ubutumwa bw’mahoro yabutanze mu gihe Isi ikomeje kugarizwa n’intamabara.

Umugabane wa Afurika by’umwihariko Akarere u Rwanda ruherereyemo, na ko kari mu twugarijwe aho mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo imirwano ikomeje hagati y’umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za Leta zifatanyije n’indi mitwe nubwo hari ibiganiro by’amahoro byatangiye.

Papa Leo XIV mu Misa yavuze ko atifuza ko habaho intambara ya gatatu y’Isi bityo ko ibihugu nka Ukraine n’u Burusiya, Isiraheli na Palestine n’ibindi bihanganye mu ntambara byayihagarika.

Yagize ati: “Intambara ntizongere, ibyo kurwana intambara ya gatatu y’Isi birangire. Ndahamagarira ibihugu ku Isi nsubiramo ngo intambara ntizongera.”

Yavuze ko umutima we washeguwe n’ubuzima bw’abantu bibasiwe n’intambara n’uburyo yabagizeho ingaruka ubwo ari bwo bwose.

Ubutumwa bwa Papa bwakiranywe akanyamuneza kuva ku nshuro ya mbere abutanga aho yashimangiye ko Isi ikeneye urukundo no kubana mu mahoro.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yifatanije n’abakirisitu muri Misa yo gushimira Papa uheruka gushyirwaho

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago