Ubuyobozi bwa FC Barcelone burateganya ko nimara kwegukana Igikombe cya Shampiyona ya Espagne, izahita yongerera amasezerano Umutoza Mukuru, Hans-Dieter Flick ashobora kuzamugeza mu 2027.
Ku Cyumweru, tariki ya 11 Gicurasi 2025, ni bwo FC Barcelone yatsinze Real Madrid ibitego 4-3, mu mukino washimangiye urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona, dore ko ari zo zihanganye.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino, ubuyobozi bwa FC Barcelone bwahise butangira igikorwa cyo kumwongerera amasezerano, dore ko na we yayigaragarije ubushake bwo gukomeza kuyitoza.
Hansi Flick wari kuzarangiza amasezerano ye mu 2026, azongererwa umwaka umwe ageze mu 2027. Ni amasezerano azashyiraho umukono nyuma yo guterura Igikombe cya Shampiyona.
Uyu mugabo w’imyaka 60, ashimangira ko ikipe afite ari nziza kandi ihorana inyota yo gutsinda kuri buri mukino.
Ati “Ntabwo buri gihe biba ari byiza nk’uko tubishaka. Duhora dushaka gukora ibirenze ku byo dukora, tuba twumva twaba turi bashya kuri buri mukino. Aho tugeze n’aho twerekeza ni heza.”
Uyu mutoza udakunda gusinya amasezerano amara igihe kirekire, muri uyu mwaka yahesheje FC Barcelone Igikombe cya Supercopa n’icya Copa del Rey, mu gihe abura imikino itatu gusa ngo ashyireho n’icya Shampiyona ya Espagne.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…