Kylian Mbappé nyuma yo gukabya inzozi zo gukinira ikipe ya Real Madrid, yahise ayikoreramo amateka y’umukinnyi wa mbere w’umufaransa uyitsindiye ibitego birenze 20 mu mwaka umwe muri shampiyona ya Espagne (La Liga).
Umufaransa ukinira Real Madrid yo muri Espagne, Kylian Mbappé, yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa mbere ukomoka mu Bufaransa utsindiye iyi kipe ibitego biri hejuru ya 20 ku mwaka we wa mbere muri shampiyona y’iki gihugu, La Liga.
Ibi Mbappé yabigezeho ubwo Real Madrid yatsindaga Real Mallorca ibitego 2-1 mu mukino wa shampiyona wabaye mu ijoro ryo ku wa 14 Gicurasi 2025.
Uyu rutahizamu, yahise yuzuza ibitego 28 ku mwaka we wa mbere muri shampiyona ya La Liga, ahita aba Umufaransa wa mbere ukoze aya mateka.
N’ubwo shampiyona itararangira muri Espagne, igikombe cya shampiyona cyamaze kwegukanwa na FC Barcelona isanzwe ari umukeba wa Real Madrid.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…