Judith Niyonizera wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba, yakoze ubukwe n’uwitwa King Dust bari bamaze igihe bakundana.
Ni amakuru Judith yasangije abamukurikira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko igihe cyose Imana iba igufitiye ibyiza.
Yanditse ati: “Iyo igutindije iragutegera.” Biravugwa ko imihango y’ubukwe bw’abo bombi, yabereye muri Canada mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi.
Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’igihe kigera mu myaka ine bakunda kuko umubano wabo watangiye kuvugwa mu 2021, baza kwibaruka imfura yabo mu 2023.
Judith Niyonizera yamenyekanye cyane mu myidagaduro y’u Rwanda ubwo yari mu munyenga w’urukundo na Safi Madiba wabarizwaga mu itsinda rya Urban Boys nyuma bakora ubukwe mu 2017.
Umubano wabo wajemo agatotsi iby’urukundo rwabo birayoyoka, buri wese afata inzira ye gusa amategeko ashyiraho akadomo mu 2023, ubwo bahabwaga gatanya.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…