Judith Niyonizera wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba, yakoze ubukwe n’uwitwa King Dust bari bamaze igihe bakundana.
Ni amakuru Judith yasangije abamukurikira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko igihe cyose Imana iba igufitiye ibyiza.
Yanditse ati: “Iyo igutindije iragutegera.” Biravugwa ko imihango y’ubukwe bw’abo bombi, yabereye muri Canada mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi.
Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’igihe kigera mu myaka ine bakunda kuko umubano wabo watangiye kuvugwa mu 2021, baza kwibaruka imfura yabo mu 2023.
Judith Niyonizera yamenyekanye cyane mu myidagaduro y’u Rwanda ubwo yari mu munyenga w’urukundo na Safi Madiba wabarizwaga mu itsinda rya Urban Boys nyuma bakora ubukwe mu 2017.
Umubano wabo wajemo agatotsi iby’urukundo rwabo birayoyoka, buri wese afata inzira ye gusa amategeko ashyiraho akadomo mu 2023, ubwo bahabwaga gatanya.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…