Sheilah Gashumba, umwana wa Frank Gashumba uherutse gukora ubukwe n’inkumi arusha imyaka 29 yose, gusa umwana we kuri ubu yatangaje ko atazigera yita Mama uyu mukobwa Se yarongoye.
Ibi uyu mukobwa yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa X aho umwe mu bamukurikirana yamubajije impamvu mu mafoto y’ubukwe bwa Se yasangije abamukurikira atigeze yita Mama uyu mukobwa warushinze na Papa we.
Mu gusubiza iki kibazo Sheilah yabanje guseka cyane maze akurikizaho amagambo agira ati ” Mwese murakina cyane gusa ntibishoboka, umuntu wenyine muri ubu buzima nzita Mama ni uwambyaye rero abandi mutuze”.
Sheilah yaboneyeho kandi kwifuriza uyu mukobwa wabengutswe na Se urugo rwiza ndetse aboneraho kumusaba ko yazamubyarira abandi bavandimwe babiri , yagize ati ” ishyuka Malaika Mwiza! Nkeneye abavandimwe babiri.
Sheilah Gashumba w’imyaka 29 ya mavuko ni icyamamare mu ruhando rw’imyidagaduro ya Uganda kuva mu myaka 10 ishize, yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo NBS, NTV, n’ibindi byinshi.
Ku rundi ruhande Malaika Mutoni Patience umukobwa Papa we yarongoye ni inkumi y’imyaka 25 ya mavuko, akaba ku munsi wo ku wa kane yarasabwe ndetse akanakobwa n’umugabo we Frank Gashumba.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…