POLITIKE

Yolande yanyomoje DRC ikomeje kuvuga ko igisirikare cy’u Rwanda kiri kwica abanye-Congo

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashatse kugereka ku Ngabo z’u Rwanda ubwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bukomeje gukorerwa Abanyekongo.

Advertisements

Thérèse Kayikwamba Wagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, yabwiye ikinyamakuru Deutsche Welle cyo mu Budage ko u Rwanda ruhohotera ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro, MONUSCO, kandi ko rutera Abanyekongo amabombe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko ubutumwa bwa Kayikwamba bugamije kuyobya abantu, kandi ko Leta ya RDC idakwiye guhisha uburyo yananiwe kurinda Abanye-Congo bibasirwa n’ingabo zayo n’imitwe yitwaje intwaro.

Yagize ati “Ntabwo ari Abanyarwanda bari kwica muri Beni, Ituri, Kwamouth, Goma, Minembwe cyangwa Uvira. Ni imitwe yitwaje intwaro y’Abanye-Congo, VDP Wazalendo, ndetse n’abafatanyabikorwa babo, FARDC/FDLR, bafashwa bakanahabwa amafaranga na Leta ya RDC.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko raporo y’ishami rya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri RDC (OHCHR), zihamya ko imitwe yitwaje intwaro, FARDC na FDLR ari byo bifata ku ngufu abaturage.

Yolande yagaragaje ko ingabo za Congo ari zo zarashe abaturage bo mu Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ndetse no mu Rwanda mu bihe bitandukanye.

Yanakomoje ku gitero cyagabwe mu mujyi wa Gisenyi tariki ya 27 Mutarama 2025, cyishe abaturage 16.

Yagize ati “Ntabwo ari amabombe y’u Rwanda. Igisirikare cya RDC gitera amabombe mu basivili kitarobanura, aharimo mu Rwanda. Ni nde uri kurasa muri Minembwe? Ni FARDC na VDP/Wazalendo biri kwibasira Abanyamulenge, Abanye-Congo yihakana.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yanavuze ku biganiro byatangiye bitaratanga umusaruro kuko Leta ya RDC yanze kubahiriza amasezerano yabisinyiyemo, ahubwo igahitamo gukomeza intambara, gukoresha imitwe yitwaje intwaro ndetse n’abacancuro.

Ati: “Leta ya RDC yasinye amasezerano itigeze yubahiriza: Nairobi, Luanda, Addis Abeba… Inshuro zose, ni RDC yaciye intege umuhate w’amahoro, yanga ibiganiro, yubura imirwano, ikoresha imitwe yitwaje intwaro, ikoresha abacancuro umusubizo.”

Kayikwamba yubuye ibirego ku Rwanda mu gihe Amerika iri gufasha ibihugu byombi kugera ku masezerano y’amahoro, biteganyijwe ko ashobora gushyirwaho umukono muri Kamena 2025, i Washington D.C.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago