IMIKINO

APR BBC yatangiye irushanwa rya BAL, ibona intsinzi imbere ya Perezida Kagame

APR BBC yatangiye neza irushanwa rya BAL ibona intsinzi ya mbere mu Itsinda rya Nile Conference, nyuma yo kunyagira Nairobi City Thunder amanota 92-63, mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame.

Advertisements

Uyu wari umukino wa kabiri muri iri tsinda rya Nile Conference mu irushanwa rya Basketball Africa League, wakinwe kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025.

Abanyarwanda benshi bari banyotewe n’iri rushanwa rihuza amakipe yitwaye neza iwayo muri Basketball, dore ko ryaherukaga kubera mu Rwanda mu mwaka ushize rwakira imikino ya nyuma kandi nta kipe ihagarariye u Rwanda irimo.

Umukino watangiye uri ku ruhande rwa Nairobi City Thunder kuko yagerageje kuguma imbere ya APR BBC. Agace ka mbere karangiye iyi kipe yo muri Kenya iyoboye ku manota 23-22.

Ikinyuranyo kitari kinini cyarimo cyafashije APR BBC gufatirana umurindi w’abafana yigaranzura Nairobi City Thunder, ndetse agace ka kabiri karangira iyoboye ku manota 39-31.

Nyuma y’aka gace, umuhanzi Nyafurika, Gregory Bortey Newman wamamaye nka King Promise wo muri Ghana, yasusurukije abafana bari bitabiriye uyu mukino muri BK Arena.

Agace ka gatatu katangiye APR BBC ikomeza kunezeza abafana bayo, kuko yongeraga amanota, ibifashijwemo n’Umunya-Mali, Aliou Diarra, watsindaga ndetse akanakora ‘rebounds’ nyinshi zatumaga yongera ikinyuranyo.

Uyu mukinnyi waguzwe mu mwaka ushize wa 2024, ni umwe mu bamenyereye irushanwa rya BAL, kuko yanakiniye FUS Rabat yo muri Maroc.

Si we gusa kuko n’Umunyamerika, Chasson Jermar Randle, waguzwe n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu kwezi gushize, yari mu bayitsindiraga amanota menshi muri uyu mukino. Kwitwara neza kwabo kwatumye iyi kipe irangiza agace ka gatatu ifite amanota 59-51.

Umunya-Mali, Aliou Diarra wabaye umukinnyi mwiza w’umukino n’Umunyamerika, Chasson Jermar Randle, bakomeje gutsindira amanota menshi APR BBC, ikomeza kuyobora umukino kugeza agace ka gatatu kareangiye.

Dylan Kalecyezi Schommer yagerageje gufasha Ikipe y’umutoza James Edward Maye, yugarira cyane afasha bagenzi be kongera ikinyuranyo cy’amanota, irangiza umukino ifite 92-63.

Umukino ukurikiraho uzahuza Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yabaye iya mbere na MBB Blue Soldiers yo muri Afurika y’Epfo ya gatatu. Ni umukino na wo uzabera muri BK Arena ku Cyumweru, tariki ya 18 Gicurasi 2025.

Umukino wa APR BBC na Nairobi City Thunder wakuriye n’abarimo Perezida Paul Kagame
Madame wa Perezida, Jeannette Kagame nawe yakurikkiye uyu mukino wahuje APR BBC na NCT yo muri Kenya
APR BBC yatangiranye intsinzi muri Nile Conference
APR BBC yitwaye neza imbere y’abakunzi bayo
Abakunzi ba APR BBC bari baje kuyishyigikira ku bwinshi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago