INKURU ZIDASANZWE

Mu mugezi wa Rusizi hasanzwe imirambo y’abantu babiri bambaye impuzankano za FARDC

Mu nkengero z’umugezi wa Rusizi, hasanzwe imirambo ibiri y’abagabo bambaye impuzankano z’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku musozi wa Rusiga, mu Murenge wa Rugombo, Intara ya Cibitoke.

Advertisements

Amakuru dukesha itangazamakuru ry’i Burundi avuga ko iyi mirambo yagaragaye ku wa 15 Gicurasi 2025, mu masaha y’umugoroba, bikaba byarasize impungenge n’urujijo mu baturage bibazaga aho yaba yaturutse n’abo bantu abo ari bo.

Abaturage bo ku musozi wa Rusiga bavuga ko ari abana bari baragiye ihene hafi y’umugezi wa Rusizi babonye iyo mirambo ireremba mu mazi hafi y’agace kazwi nka transversale 11, bahita babimenyesha inzego z’umutekano mu Burundi zari mu bikorwa byo gucunga umutekano.

Nyuma y’aho, hatangiye kuvugwa byinshi bivuguruzanya. Bamwe mu bakozi b’inzego z’umutekano bavuga ko iyo mirambo ishobora kuba itari iy’abasirikare ba Congo koko, ahubwo ari urubyiruko rw’Imbonerakure rwoherejwe kurwana ku ruhande rwa FARDC mu ntambara irimo kubera mu burasirazuba bwa Congo.

Amakuru akomeza avuga ko hari bamwe muri urwo rubyiruko bashatse guhunga iyo ntambara, bituma bicwa kugira ngo batazagira amabanga bakwirakwiza ajyanye n’iyo ntambara bari kurwana.

Umwe mu baturage yagize ati “Turibaza abo bantu abo ari bo n’icyabaye, ariko ntawatinyuka kubaza byinshi. Twese twatinye.”

Ibi byose byakomeje kuba urujijo ubwo imodoka ifite plaque D0517A, bivugwa ko ari iy’abakozi b’Urwego rushinzwe Iperereza mu Burundi (SNR) yageraga aho iyo mirambo yari iri igahita iyitwara, ariko nta muntu n’umwe wigeze umenyeshwa aho yajyanywe.

Ubuyobozi bw’iperereza mu ntara ya Cibitoke bwirinze kugira icyo buvuga kuri icyo kibazo. Umuyobozi w’umurenge wa Rugombo yemeza ko iyo mirambo yabonetse koko, ariko bategereje ibisubizo by’iperereza riri gukorwa n’abashinzwe umutekano.

Bivugwa ko ibi atari ubwa mbere bibaye muri Cibitoke, kuko mu myaka ishize, hagiye haboneka indi mirambo mu mugezi wa Rusizi, rimwe na rimwe harimo n’igaragara ko ari iy’abamaze igihe kirekire bishwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago