Ubwo yari ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye i Kampala kuwa gatandatu tariki 17 Gucurasi, Umuhanzi The Ben yatunguwe n’umwe mu bafana be wamujugunyiye isutiye.
Ni igitaramo uyu muhanzi yahuriyemo n’abandi batandukanye barimo abo muri Uganda nka Karole Kasita, Warafik Muzik, Rema Namakula ndetse n’Abanyarwanda nka Kevin Kade na Element. Mu gihe DJ Flix ari we wamuvangiye umuziki.
The Ben yajugunyiwe iyi sutiye ubwo yari ari ku rubyiniro wenyine, ari kuririmba indirimbo yahimbiye umugore we, Uwicyeza Pamella yise “True Love”.
Mu mashusho yagiye hanze, agaragaza uyu muhanzi ari kuririmba, mu buryo butunguranye isutiye y’umutuku ikamunyura hejuru, iturutse ku ruhande rumwe mu rwo abafana be bari bamukikije ari kuririmba bari barimo.
Uyu muhanzi ntabwo yigeze anyura hejuru y’iyi sutiye cyangwa se ngo abe yayitera umugeri ahubwo yayibererekeye, arakomeza araririmba nk’aho nta cyabaye.
Abahanzi bakunze gukorerwa ibintu bitangaje iyo bari ku rubyiniro. Mu 2022 Umunya-Nigeria, Ruger, we yatunguwe n’umufana wamukuruye igitsina ari ku rubyiniro. Uyu muhanzi icyo gihe yagaragaje uburakari ariko nyuma akomeza kuririmba.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…