Mu gihugu cy’u Burundi hakomeje kuvugwa inkuru ya Minisitiri w’Intebe Lt Gen de Police Gervais Ndirakobuca wari Minisitiri w’Intebe wamenyekanye ku izina ‘Ndakugarika’ wasezerewe muri Polisi y’igihugu.
Ndirakobuca wavukiye Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke mu 1970, ni umwe mu babaye abayobozi b’umutwe witwaje intwaro wa FDD warwanye intambara yari ihanganishije amoko kuva mu 1993 kugeza mu 2005.
Pierre Nkurunziza amaze kujya ku butegetsi bijyanye n’amasezerano y’amahoro ya Arusha, Ndirakobuca n’abandi bofisiye binjiye muri Polisi y’igihugu.
Lt Gen Ndirakobuca yabaye umujyanama mu biro by’Umukuru w’Igihugu ushinzwe ibikorwa bya Polisi.
Perezida Evariste Ndayishimiye yashyize umukono ku cyemezo gisezerera Ndirakobuca muri Polisi y’u Burundi, tariki ya 9 Gicurasi 2025.
Kuva mu kwezi kwa Kamena 2020 kugeza mu kwezi kwa Nzeri 2022, Ndirakobuca yari Minisitiri w’Umutekano.
Muri uwo mwaka, Perezida Ndayishimiye yagize Ndirakobuca Minisitiri w’Intebe, aba abaye Minisitiri w’Intebe wa 9, umwanya yasimbuyeho Alain-Guillaume Bunyoni.
Mu 2015, Ndakugarika yafatiwe ibihano na Letza zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) kubera ibikorwa byo guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ubwo Perezida Ndayishimiye yamugiraga Minisitiri w’Umutekano.
Mu baturage bo mu Turere twa Nyakabiga, Musaga mu Mujyi wa Bujumbura bigaragambije tariki 26, 27 na 28 Mata 2015, abagera ku 1 700 barishwe.
Icyo gihe Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwatangiye iperereza ku bategetsi b’u Burundi bagize uruhare mu kwica abigaragambyaga na Ndirakobuca akorwaho iperereza.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…