POLITIKE

Abandi Banyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR batashye

Abanyarwanda bagera kuri 642 bari bamaze igihe mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barafashwe bugwate na FDLR bongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Advertisements

Mu masaha ashyira Saa Sita z’amanywa zo ku wa 22 Gicurasi 2025, ni bwo bakiriwe ku mupaka munini wa Grande Barriere uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Karere ka Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique yabwiye itangazamakuru ko abatashye bose ari 642 babarirwa mu miryango 232.

Biteganyijwe ko bose bahita bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi iherereye mu karere ka Rusizi.

Ku nshuro ya mbere hatahutse Abanyarwanda 360, bajyanwe mu nkambi y’agateganyo ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihu, ariko icyiciro cya kabiri cy’abatahutse bari 796 bose bahise bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi.

Abanyarwanda basaga 2,500 nibo bamaze kumenyekana ko bazataha mu Rwanda, igikorwa kizagirwamo uruhare n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR.

Abanyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR batashye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago