Categories: IMIKINOMU MAHANGA

SSC Napoli yegukanye igikombe cya Shampiyona (Serie A) 2024-2025

Ikipe ya Società Sportiva Calcio Napoli yongeye gukora amateka mu mupira w’amaguru yegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani (Serie A) ku nshuro ya kane.

Advertisements

Mu gihe Isi yose y’umupira w’amaguru yari yerekeje amaso mu Butaliyani ku munsi wa nyuma wa shampiyona habura iminota micye gusa ngo hamenyekane ugomba kwegukana igikombe. Ikipe ya Napoli iyobowe n’umutoza Antonio Conte yari ku mwanya wa mbere irusha Inter Milan inota rimwe gusa.

Napoli yakoze ibishoboka byose itsinda ikipe ya Cagliari ibitego 2-0, ku bitego byatsinzwe na Scott McTominay ku munota wa 42 na Romelu Lukaku ku munota wa 51. Nubwo Inter Milan yatsinze Como 1907 ibitego 2-0 ibyo ntacyo byahinduye kuko Napoli nayo yari imaze gutsindira kuguma ku mwanya wa mbere.

Antonio Conte ahesheje Napoli iki gikombe mu mwaka we wa mbere nyuma yo kugera muri iyi kipe mu mpeshyi y’umwaka ushize. Uyu mutoza w’umuhanga yanditse amateka mashya aba umutoza wa mbere mu mateka ubashije guhesha amakipe atatu atandukanye yo mu Butaliyani ibikombe bya shampiyona: Juventus, Inter Milan, na Napoli akongeraho n’igikombe yigeze kwegukana ari muri Chelsea mu Bwongereza.

Antonio Conte yahembwe nk’umutoza mwiza w’irushanwa

Umukinnyi w’umwaka muri Serie A yabaye Scott McTominay, umwe mu bayoboye urugendo rwa Napoli kugera ku gikombe, uyu mukinnyi wo hagati waturutse muri Manchester United mu mpeshyi ishize, yatsinze ibitego 12 anatanga imipira 4 yavuyemo ibitego, ni we watsinze igitego cyafunguye amazamu ku mukino wa nyuma, kikaba cyari icy’ingenzi mu kurinda Napoli amahirwe yayo yo kwegukana igikombe.

Iki ni igikombe cya kane cya shampiyona Napoli yegukanye mu mateka yayo. Ibikombe bibanza byaje mu 1987 na 1990 igihe ikipe yari iyobowe na nyakwigendera Diego Maradona ndetse no mu 2023. Iki gikombe cya 2025 cyije cyiba icya kane mukabati ka Napoli.

Scott McTominay yabaye umukinnyi w’irushanwa Serie A

Napoli irangije shampiyona ya 2024/2025 yanditse amateka mashya ndetse ihamya ko ubu iri mu makipe akomeye ku mugabane w’i Burayi. Itegerejweho byinshi mu marushanwa ataha harimo na UEFA Champions League.

Umutoza Antonio Conte yishimira igikombe cya Shampiyona yahesheje Na Napoli
Igitego cya mbere cyatsinzwe na Scott McTominay

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago