Ku cyumweru tariki ya 25 Gicurasi 2025, nibwo Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakirwa na mugenzi we Felix Tshisekedi, Perezida wa RDC.
Perezida w’u Burundi Ndayishimiye Evariste hamwe n’itsinda rimuherekeje bakigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili kiri i Kinshasa yakiriwe na Minisitiri ushinzwe umutekano muri icyo gihugu Guy Kabombo Mwadiamvita.
Abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro bigamije gutegura Inama y’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba yiga ku mutekano wa RDC n’uw’Akarere muri rusange.
Ni inama izateranira i Kampala muri Uganda tariki 28 Gicurasi 2025. Icyakora, ibyo abakuru b’ibihugu byombi baganiriyeho ntibyigeze bitangazwa.
Ibi bihugu bimaze igihe bifitanye ubucuti n’ubufatanye mu kurwanya umutwe wa AFC/M23 n’ubwo wabarushije ingufu ukabatsinda ndetse ukaba ugenzura ibice bimwe na bimwe bya RDC.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…